Kiliziya Gatolika yo mu Rwanda n’iyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ziyemeje gukomeza ubufatanye mu bihe ibihugu byombi bifitanye amakimbirane ashingiye ku mpamvu z’umutekano.
Impande zombi zabyemeranyijeho ubwo Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu, Musenyeri Edouard Sinayobye, yasuraga Arikidiyosezi ya Bukavu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Musenyeri Sinayobye yagize ati “Nubwo ibihugu byacu biri guca mu bihe bikomeye, dukomeje kunga ubumwe binyuze mu masengesho, ubuntu n’ibikorwa byiza dukorera abantu bacu.”
Arikiyepisikopi wa Bukavu, Musenyeri François-Xavier Maroy Rusengo, yagaragaje ko uruzinduko rwa Musenyeri Sinayobye ari igihamya gikomeye cy’umubano w’ubuvandimwe uri hagati ya Diyosezi zombi.
Yagize ati “Turenze kuba inshuti, turi abavandimwe mu buzima busanzwe no mu bugingo. Ntabwo imipaka ya politiki ikwiye gutandukanya Itorero rya Kirisitu ryahanzwe n’ubumwe bw’abana b’Imana.”
Uruzinduko rwa Musenyeri Sinayobye ruri mu murongo watanzwe n’Inama y’Abepisikopi Gatolika bo muri Afurika yo hagati, yagaragaje ko umubano hagati y’abakirisitu mu bihugu bigize aka karere ukwiye kongererwa imbaraga.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!