Mu myandikire y’Ikinyarwanda, hari amagambo afatana n’andi atandukana. Bene ayo magambo abantu benshi bakunze kuyandika nabi bakayafatanya aho yagatandukanye cyangwa bakayatandukanya aho yagafatanye.
Muri iyi nyandiko turibanda ku myandikire y’amagambo aranga ahantu (indangahantu) ubusanzwe yandikwa atandukanye n’ijambo abanjirije. Ayo magambo ni “ku”/ “kuri”, “i” na “mu”/muri.
Uretse amakosa ashingiye ku gufatanya no gutandukanya amagambo, hari n’andi makosa akunda gukorwa mu ikata ry’amagambo. Inyajwi isoza ijambo “wa” rikurikiwe n’umubare wanditse mu mibarwa ntikatwa. Inyajwi itangira ijambo rikurikiye amagambo aranga ahantu yavuzwe hejuru na yo ntikatwa.
Nta gitekerezo kirajyaho. Ba uwa mbere!