IGIHE

Duhugukire kwandika neza Ikinyarwanda (igice cya gatatu)

0 7-06-2018 - saa 10:23, IGIHE

Mu myandikire y’Ikinyarwanda, hari amagambo afatana n’andi atandukana. Bene ayo magambo abantu benshi bakunze kuyandika nabi bakayafatanya aho yagatandukanye cyangwa bakayatandukanya aho yagafatanye.

Muri iyi nyandiko turibanda ku myandikire y’amagambo yerekana ibihe yandikwa mu ijambo rimwe. Ayo magambo ni “nimunsi”, “nijoro”, “nimugoroba” “ejobundi”.

Turarebera hamwe kandi imyandikire y’amagambo “ho”, “yo”, “mo” na “ko” yandikwa afatanye n’inshinga akurikiye keretse gusa iyo iyo nshinga ari “ni” cyangwa “ si”.

Turasoreza ku myandikire y’amagambo avuga ahantu yandikwa ubusanzwe afatanye ariko ugasanga hariho abayandika mu magambo abiri. Icyo gihe baba bakoze amakosa mu myandikire. Ayo magambo ni “imuhira”, “iburyo”, “ibwami”, “ivure”, “imbere”, “inyuma”, “ibumoso” “ikambere” “iheru”, “iwacu” n’ayandi ateye atya.

Ingero

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Nta gitekerezo kirajyaho. Ba uwa mbere!  

Kwamamaza