IGIHE

Duhugukire kwandika neza Ikinyarwanda

0 5-06-2018 - saa 10:12, IGIHE

Mu myandikire y’Ikinyarwanda hari amakosa akunda gukorwa ashingiye ku ifatana n’itandukana ry’amagambo. Hari abandika bagafatanya amagambo ubusanzwe adafatana cyangwa bagatandukanya ayandikwa afatanye.

Muri iyi nyandiko turibanda ku myandikire y’ibyungo “na” na “nka” n’inshinga “ni” bikurikiwe n’ikinyazina ngenga (ijambo rihagarira uvuga, abavugwa n’ikivugwa, rihagararira kandi ubwirwa, ababwirwa, ahavugwa ...).

Ibyungo “na” na “nka” bikurikiwe n’ibinyazina ngenga bivuga nyakuvuga na nyakubwirwa (ngenga ya mbere n’iya kabiri) byandikwa mu ijambo rimwe ariko iyo biri muri ngenga ya gatatu byandikwa bitandukanye n’ibinyazina ngenga.

Inshinga “ni” buri gihe yandikwa itandukanye n’ikinyazina ngenga kiyikurikiye.

Ingero:Ntibandika: Ndumva na we umeze nka nge
Bandika: Ndumva nawe umeze nkange

Ntibandika: Ndabona na twe tumeze nka mwe
Bandika: Ndabona natwe tumeze nkamwe

Ntibandika: Ndumva na we ameze nkabo
Bandika: Ndumva na we ameze nka bo

Ntibandika: Ndabona nako kameze nkabwo
Bandika: Ndabona na ko kameze nka bwo

Ntibandika: Izo nka nazo muzuhire

Bandika: Izo nka na zo muzuhire

Ntibandika: Niwe wigiriyeyo
Bandika: Ni we wigiriyeyo

Ntibandika: Iyi niyo nshuti nari ntegereje
Bandika:Iyi ni yo nshuti nari ntegereje

Ntibandika: Ubu bunyobwa nibwo ushaka
Bandika: Ubu bunyobwa ni bwo ushaka

IGIHE

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Nta gitekerezo kirajyaho. Ba uwa mbere!  

Kwamamaza