IGIHE

Hamuritswe igitabo cy’ibisigo birenga 30 bivuga ukuri kuri Jenoside no gukira ibikomere

0 5-06-2026 - saa 07:27, Léonidas Muhire

Kayitesi Judence usanzwe ari umwanditsi w’ibitabo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi yaguye inganzo yandika n’ibisigo 32 bikubiye mu gitabo yise My Child, kigaruka ku mateka y’iyo jenoside, uburyo bwo kuyasigasira ndetse no kudaheranwa na yo, ariko kigenewe urubyiruko by’umwihariko.

Ni igitabo yashyize hanze muri Gicurasi 2026 kiboneka mu Rwanda no kuri internet.

Kigizwe n’ibisigo 32 ariko bigabanyije mu ngingo enye zirimo umuzi n’ibikuranga, uburyo bwo gusigasira amateka ya Jenoside, gukira no kuvuga ibyabaye ndetse n’uburyo bwo gukira ibikomere no kudaheranwa.

Mu kiganiro na IGIHE, Kayitesi yavuze ko igice cya mbere kigamije kwigisha abakiri bato inkomoko yabo n’ukuri kw’amatekamuzi by’u Rwanda bakomokamo.

Ati “Urubyiruko dufite mu mahanga hano usanga batazi neza ukuri kw’aho baturuka ariko no mu Rwanda hari ababyeyi bataganira n’abana ugasanga ibyo bazi ari ibyo babona kuri televiziyo. Ibyo bituma batamenya amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ariko icyo gice cyabaha intangiriro babona aho bahera babaza ababyeyi babo noneho.”

Mu gice cyo gusigasira amateka ya Jenoside agaragazamo uko byakorwa mu buryo bwayabungabunga ntihagire atakara, mu gihe igice cya gatatu kivuga ku buryo bwo kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi no gutinyuka kubivuga.

Igice kivuga ku gukira ibikomere byabayeho no kudaheranwa na byo, Kayitesi agaragazamo uko abantu bahangana n’ibikomere bya Jenoside ndetse n’ababakomokaho.

Ati “Ni igice kigaragaza uko twagerageza kubaho neza nubwo hari ibyo twanyuzemo bigoye kandi no ku bana bavutse nyuma hari abagira ibikomere bitewe n’umuryango bavukamo. Abanyarwanda muri rusange uretse abavutse nyuma, usanga utarakoze Jenoside yarayikorewe cyangwa yarayirokotse. Tuba dufite ibikomere rero nagaragaje uburyo twabasha kubikira no gufasha abadukomokaho.”

Agaruka ku mpamvu yahisemo kwandika icyo gitabo mu buryo bw’ibisigo, yavuze ko kwari ukugira ngo yorohereze abantu kugisoma by’umwihariko gusoma igice kinogeye umusomyi kuko buri gisigo gitanga ubutumwa bwuzuye.

Ati “Ni uburyo bwo kuzigama umwanya kuko muri iki gihe ntihakibaho umwanya wo gusoma cyane kandi mu Rwanda by’umwihariko si umuco wacu. Hari igihe usanga umuntu asomye igitabo ariko ntakirangize wenda kubera ko ari kirekire ariko igisigo kiba ari kigufi kandi ubutumwa burimo bwuzuye iyo usomye ukakirangiza.”

“Umuntu ashobora gutoranya igisigo kimunogeye akaba ari cyo asoma kandi harimo amakuru yose ajyanye n’amateka yacu mu rwego rwo gukomeza gusigasira ukuri kwayo.”

By’umwihariko ariko iki gitabo kigenewe urubyiruko nk’uko inyito yacyo ibivuga, ndetse Kayitesi ahamya ko kirimo ukuri kw’amateka Igihugu cyanyuzemo abana bashobora kuba bibaza ariko ntibabohokere kubibaza ababyeyi babo.

Uyu mwanditsi avuga ko ibisigo bikubiye muri icyo gitabo yatangiye kubyandika mu 2024 ndetse ahamya ko uretse abantu bagenda bandika ibisigo bikoreshwa mu bikorwa byo kwibuka ako kanya, nta wundi azi wari wandika igitabo cy’ibisigo kivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kayitesi ni umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi usanzwe ari umwarimu mu mashuri abanza mu Budage.

Ni umwanditsi ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi wanditse ibitabo nka A Broken Life, Choosing Resilience ndetse n’ikitwa Unity Quest yahaweho igihembo ndetse cyemererwa gukoreshwa mu mashuri yo mu Budage ndetse no muri MINUBUMWE.

Kayitesi Judence asanzwe ari umwanditsi ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse ni umwe mu bayirokotse
Hamuritswe igitabo cy’ibisigo birenga 30 bivuga ukuri kuri Jenoside no gukira ibikomere byayo
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza