IGIHE

Urubanza rwa Munyenyezi Béatrice rwahawe umucamanza mushya

0 4-09-2026 - saa 10:42, Nshimiyimana Théogène

Urukiko Rukuru, Urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rufite icyicaro i Nyanza, rweretse Munyenyezi Béatrice umucamanza mushya winjiye mu nteko imuburanisha mu bujurire.

Uyu mucamanza yasimbuye mugenzi we wimuriwe mu rundi rukiko nyuma y’uko iburanisha ryari ryarapfundikiwe, hagategerezwa isomwa ry’urubanza.

Ku wa 3 Nzeri 2026, Munyenyezi woherejwe mu Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ngo aburanishwe ku byaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi, yitabye uru rukiko ari kumwe n’umwunganizi we mu mategeko, Me Bruce Bikotwa. Ubushinjacyaha na bwo bwari buhari.

Inteko igizwe n’abacamanza batatu n’umwanditsi w’urukiko yinjiye mu cyumba cy’iburanisha, maze uyikuriye amenyesha ababuranyi impinduka zabaye.

Yasobanuye ko nubwo urubanza rwari rwarapfundikiwe, umwe mu bacamanza bari bagize inteko yimuriwe mu rundi rukiko. Amategeko ateganya ko iyo hajemo umucamanza mushya, urubanza rwongera gupfundurwa kugira ngo abanze arusome kandi yerekwe ababuranyi.

Me Bikotwa yahaye ikaze umucamanza mushya, ariko asaba ko harebwa ingingo Ubushinjacyaha bwari bwagarutseho mu mwanzuro wabwo.

Iyo ngingo ireba abakobwa bigaga muri kaminuza, Ubushinjacyaha buvuga ko basambanyijwe ku gahato muri Hôtel Ihuriro, ngo babitegetswe na Munyenyezi, nyuma bakicwa n’Interahamwe.

Me Bikotwa yavuze ko uruhande rw’uregwa rwisobanuye kuri iyo ngingo mu mwanzuro warwo.

Ati “Nyakubahwa Perezida, mu mwanzuro wacu ibyo twabyireguyeho bihagije.”

Ubushinjacyaha bwavuze ko nta byinshi bwongeraho kuko Me Bikotwa atari yabirambuye, ariko ko urukiko ruzabisuzuma, rwibutsa ko hari ibimenyetso rwashyikirijwe.

Urukiko rwafashe icyemezo ko urubanza ruzasomwa ku wa 30 Nzeri 2026.

Iburanisha ryari ryarapfundikiwe, urukiko rutangaza ko urubanza ruzasomwa ku wa 30 Nyakanga 2026, ariko icyo gihe ntirwasomwa nk’uko byari biteganyijwe.

Isomwa ryasubitswe kubera ko umwe mu bacamanza baruburanishije yari yimuriwe mu rundi rukiko.

Hemejwe ko urubanza rwongera gupfundurwa kugira ngo umucamanza mushya yinjizwe mu nteko.

Umunyamategeko wasobanuye izi mpinduka yavuze ko iyo habaye impinduka nk’iyi, ababuranyi bitabira urubanza bakerekwa umucamanza mushya, akaba yanagira ibyo ababaza bibaye ngombwa. Icyakora, urubanza ntirwongera kuburanishwa bundi bushya.

Munyenyezi akurikiranyweho icyaha cyo kwica nk’icyaha cya Jenoside, gutegura Jenoside, gushishikariza Interahamwe gukora Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside n’ubufatanyacyaha mu gusambanya abagore n’abakobwa ku gahato. Ibyaha byose arabihakana.

Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwamuhamije ibyaha bine, rumugira umwere ku cyaha cyo gushishikariza Interahamwe gukora Jenoside, maze rumukatira igifungo cya burundu. Yajuririye iki cyemezo.

Kuva urubanza rwatangira, Munyenyezi n’abamwunganira, Me Bruce Bikotwa na Me Félicien Gashema, bahakanye ibyaha aregwa. Bavuga ko mu gihe cya Jenoside yari atwite impanga kandi afite umwana muto, ku buryo atari afite imbaraga zo gukora ibyaha ashinjwa.

Bavuze ko azira umuryango yashatsemo wakoze Jenoside. Ubushinjacyaha bwarabihakanye, buvuga ko sebukwe, Maurice Ntahobari, na baramukazi be batakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside.

Munyenyezi yagejejwe mu Rwanda ku wa 16 Mata 2021, nyuma yo kwirukanwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika amaze kurangiza igihano cy’imyaka 10. Yari yarakatiwe kubera kubeshya inzego z’abinjira n’abasohoka ku ruhare rwe muri Jenoside, ubwo yasabaga ubuhungiro.

Ni umugore wa Arsène Shalom Ntahobari, umuhungu wa Pauline Nyiramasuhuko wari Minisitiri w’Umuryango muri Guverinoma y’Abatabazi.

Nyiramasuhuko n’umuhungu we bafunzwe kubera ibyaha bifitanye isano na Jenoside.

Munyenyezi afungiye mu Igororero rya Nyarugenge.

Urubanza rwa Munyenyezi Béatrice rwahawe umucamanza mushya
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza