IGIHE

Nyir’Ingufu Gin ashaka gutanga ingwate ya miliyari 1,9 Frw ngo afungurwe

0 25-08-2026 - saa 16:59, Utuje Cedric

Nyir’uruganda Ingufu Gin rukora ibinyobwa bisembuye akaba n’Umuyobozi Mukuru warwo, Ntihanabayo Samuel, yabwiye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ko yemera gutanga ingwate ya miliyari 1,9 Frw kugira afungurwe by’agateganyo.

Ntihanabayo hamwe n’abandi barimo abakozi n’abayobozi b’inganda zikora ibinyobwa bisembuye bafatiwe mu Mujyi wa Kigali bagejejwe muri uru rukiko kuri uyu wa 25 Kanama 2026 kugira ngo baburanishwe ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.

Ubushinjacyaha bwasabye ko akurikiranwa afunzwe iminsi 30 y’agateganyo ariko we yasabye urukiko ko yarekurwa kugira ngo akurikirane ibikorwa yashoyemo imari birimo ishuri n’umushinga wo kubaka isoko mu Biryogo.

Ntihanabayo yijeje urukiko ko abaye afunguwe by’agateganyo, atakwica iperereza rikomeje cyangwa ngo arivogere.

Umunyamategeko wa Ntihanabayo, Me Ngoga Samuel, yabwiye urukiko ko umukiliya we yemera gutanga ingwate ya miliyari 1,9 Frw kugira ngo yemererwe kuburana adafunzwe.

Ntihanabayo yageze mu rukiko ari kumwe n’abandi 15 bareganwa, barimo Twahirwa Fulgence ushinzwe ubuziranenge muri Ingufu Gin na Katushabe Donias ushinzwe umusaruro muri uru ruganda.

Ntihanabayo na bagenzi be bakurikiranyweho icyaha cyo guha umuntu ikintu gishobora kwica cyangwa gushegesha ubuzima, guhimba cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, icyaha cyo kunyereza umutungo n’icyo kwigomeka ku buyobozi.

Uretse bo bafatiwe mu Mujyi wa Kigali bakaba bari kuburanishwa n’uru rukiko, hari bandi barenga 60 bafatiwe mu bindi bice hirya no hino mu gihugu, na bo bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no gukora inzoga zitujuje ubuziranenge.

Nyir'uruganda Ingufu Gin, Ntihanabayo Samuel, yemeye gutanga ingwate ya miliyari 1,9 Frw kugira ngo afungurwe by'agateganyo
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza