IGIHE

Harry Styles wahoze muri One Direction yateye ivi

0 29-04-2026 - saa 09:04, Gilbert Ukwizagira

Umuhanzi w’Umwongereza wahoze mu itsinda ryamamaye nka One Direction, Harry Styles, yasabye umukinnyi wa filime, Zoë Kravitz kumubera umugore.

Abantu ba hafi yabo bahamirije Page Six ko uyu mugore yahise abyemera atazuyaje, nyuma y’igihe bari mu munyenga w’urukundo.

Mu cyumweru gishize, Zoë yafashwe amashusho amaze kwambikwa impeta ishashagirana nka zahabu. Icyakora, ntiharamenyekana amakuru yerekeye iby’ubukwe bwabo.

Ni ubwa mbere Harry agiye gushyingirwa. Ku rundi ruhande, Zoë we yari yarashyingiranywe n’abagabo babiri mbere. Uwa mbere ni Karl Glusman, mu gihe uwa kabiri ari umukinnyi wa filime witwa Channing Tatum bashyingiranywe mu Ukwakira kwa 2023, batandukana bataramarana umwaka.

Harry Styles yamenyekanye mu itsinda rya One Direction ryabaye ubukombe mu mateka y’umuziki w’Isi. Kuva mu 2016 ubwo iri tsinda ryatandukanaga burundu, kimwe na bagenzi be baciye ukwabo, yahise atangira gukora umuziki ku giti cye. Kuva mu 2017 kugeza ubu gukora umuziki abifatanya na sinema.

Harry Styles n’umukunzi we biyemeje kubana nk’umugabo n’umugore
Harry Styles yambitse impeta umukunzi we
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza