Abaririmbyi bafite amazina akomeye ku rwego mpuzamahanga, Olamide wo muri Nigeria na Bien wo muri Kenya, bafatanyije n’abo mu Rwanda gushimisha Abanyarwanda mu gitaramo giherekeza imikino ya BAL cyabereye Zaria Court.
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru, tariki ya 31 Gicurasi 2026, abakunzi b’umupira w’amaguru, Basketball n’umuziki, bahuriye Zaria Court ahabereye iki gitaramo cyiswe ‘Party Next Door: BAL Edition’.
Nyuma yo gukurikira umukino wa nyuma wa UEFA Champions League wasize Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa itsinze Arsenal yo mu Bwongereza, Zuba Mutesi na Rock Try bafashe umwanya wo kuyobora igitaramo cyari gitegerejwe na benshi.
Umuhanzi RLutta yabanje ku rubyiniro aririmba indirimbo ze nka Umeze Bon, Hold my hand n’izindi, hakurikiraho Logan Joe waririmbye Tricky, Kibonumwe, Ntiwamvamo, Whatever na Treasure.
Amasaha yari atangiye gukura, hajyaho umuhanga mu kuvanga imiziki akanaririmba ukomoka muri Afurika y’Epfo, Zakes Bantwini, amara hafi isaha yose ari gucuranga imiziki yanyuze benshi kugeza ahaye umwanya Olamide wari utegerejwe.
Uyu muhanzi ukomoka muri Nigeria wari uririmbiye mu Rwanda bwa mbere, yaririmbye indirimbo ze zose zakunzwe mu Rwanda no muri Afurika yose, yaba izo yakoze wenyine n’izo yafatanyije n’abandi bahanzi.
Izo ndirimbo ni Jinja, infinity yafatanyije na Omah Lay, Hello Habibi yafatanyije na Russ, Turn Up, Reggae Blues yakoranye na Iyanya, Kcee na Orezi, Fada Fada yakoranye na Phyno.
Izindi ndirimbo yaririmbye ni The Money, Don’t Stop, Shoki, Motigbana, Goons Mi, Issa Goal, Science Student, Story of the Gods na Bobo.
Mike Kayihura ni we wakurikiyeho ku rubyiniro, aririmba indirimbo zirimo Zuba, Anytime, Tuza, Come on, ageze kuri Yububu yayifatanyije na Kid from Kigali bayikoranye, hanyuma baha umwanya Dj Marnaud wavanze imiziki anaririmba indirimbo ye Puresha.
Bien wo muri Kenya ni we waririmbye bwa nyuma, ariko ababazwa n’uko amasaha yari yagiye ntabashe guha Abanyarwanda ibyishimo nk’uko we yabyifuzaga, agaragaza ko yifuza “kuzongera kuririmbira mu Rwanda hari umwanya uhagije.”
Gusa ntibyamubujije kwigarurira imitima ya benshi aririmba Lost & Found, Sura Yako, Too Easy, Chikwere, Extravaganza, Ayayaah yakoranye na Joshua Baraka na Element Eleéeh, aririmba Extra Pressure, All My Enemies are Suffering na Finale ikunzwe cyane i Kigali.
Iki gitaramo cyaherekeje imikino ya nyuma ya Basketball Africa League iri kubera mu Rwanda, aho umukino wa nyuma uhuza RSSB Tigers BBC yo mu Rwanda na Petro de Luanda yo muri Angola, kuri iki Cyumweru.
Uyu mukino uteganyijwe kubera muri BK Arena kuri iki Cyumweru, ariko abo amatike yashiriyeho bakaba bazakurikirana umukino kuri Zaria Court.
Amafoto: Cyubahiro Key
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!