Eddie Claude Mudenge wamenyekanye mu biganiro by’ imikino n’ imyidagaduro mu Rwanda ku maradiyo nka Salus, Contact FM, City Radio na Flash FM asigaye akorera, yarushinganye n’umukunzi we w’igihe kirekire witwa Uwamahoro Marie Josée.
Kuwa Kane tariki ya 2 Nyakanga 2015 nibwo Hakizimana Jean Claude benshi bazi nka Eddie Claude Mudenge yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Uwamahoro Marie Josée bari bamaranye igihe kirekire bakundana.
Kuwa Gatandatu tariki ya 4 Nyakanga 2015, Saa munani zo ku gicamunsi nibwo aba bombi basezeranye imbere y’Imana mu rusengero rwa Eglise Universelle mu Mujyi wa Kigali.
Nyuma y’ iyi mihango abatumiwe bakiriwe mu busitani bwo ku mashuri ya SOS ku Kacyiru.
Ubukwe bwa Eddie Claude Mudenge na Uwamahoro Marie Josée bwatashywe n’abanyamakuru batandukanye haba abakora inkuru zerekeranye n’imikino, imyidagaduro ndetse n’abahanzi batandukanye bari barangajwe imbere na Urban Boyz yanaririmbiye abageni.
Nta gitekerezo kirajyaho. Ba uwa mbere!