Umunya-Bénin Saara Houansou yegukanye irushanwa rya ‘The Voice Afrique Francophone 2026’, nyuma yo gutsinda abanyempano batatu bari bahatanye mu cyiciro cya nyuma cy’iri rushanwa.
Saara yegukanye iri rushanwa mu ijoro ryo ku wa 14 Kanama 2026.
Umunya-Madagascar Val, amazina ye nyakuri akaba Valimbavaka Herimanjaka Razafimahefa, yaje ku mwanya wa kabiri.
Original Ekwa wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabaye uwa gatatu, naho Dreamer w’i Burundi aza ku mwanya wa kane.
Iri rushanwa ryabereye muri Côte d’Ivoire kuva muri Mata 2026, ryitabirwa n’Abanyarwanda batatu barimo Boukuru, Uwase Belinda umaze kuzamura izina rye nka Bel, ndetse na Sabrina.
Aba bakobwa uko ari batatu bari bitabiriye iri rushanwa, ariko byarangiye bose basezerewe. Boukuru na Bel basezerewe mu cyiciro cya ‘Battle’, naho Sabrina asezererwa muri kimwe cya kabiri cy’irushanwa.
Iri rushanwa ritangizwa n’icyiciro cyitwa ‘Blind Audition’, aho abanyempano baririmba batewe umugongo n’abagize akanama nkemurampaka kagizwe n’abarimo Meiway na Josey bo muri Côte d’Ivoire, Franglish wo mu Bufaransa na Emma’a wo muri Gabon.
Iyo umunyempano atsinze iki cyiciro, abagize akanama nkemurampaka barahindukira, maze buri umwe akamureshya amusaba kujya mu ikipe ye kugira ngo amufashe mu rugendo rw’irushanwa.
Umunyempano na we ahabwa umwanya wo guhitamo umwe mu bagize akanama nkemurampaka ashaka ko amutoza.
Nyuma y’iki cyiciro, hakurikiraho icyitwa ‘Battle’, aho abanyempano babiri bo mu ikipe imwe bahurira ku rubyiniro bagahatanira imbere y’akanama nkemurampaka. Umutoza wabo ni we uhitamo umunyempano wakoze neza akomeza mu cyiciro gikurikiraho.
Abatsinze iki cyiciro bakomereza muri kimwe cya kabiri, mbere yo kugera ku cyiciro cya nyuma (‘Final’) gihurizwamo abanyempano bane ba nyuma, umwe muri bo akaza kwegukana igihembo cy’iri rushanwa.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!