IGIHE

Umunsi France Mpundu ajya kwerekana Moctar iwabo

0 25-07-2026 - saa 13:39, Nsengiyumva Emmy

Mu gace ka kane k’ikiganiro ‘Vie VIP’ kigaruka ku buzima bwa buri munsi bwa France Mpundu na Moctar gitambuka kuri Canal+ Magic, bagarutse ku munsi uyu mukobwa yajyanye umukunzi we iwabo i Nyanza gusura ababyeyi.

Muri uru rugendo France Mpundu yaboneyeho kumenyesha ababyeyi be ko we na Moctar bitegura kwibaruka imfura yabo abasaba ko uretse kubashyigikira banabaha umugisha wa kibyeyi.

Ati “Tugarutse hano, Moctar yishimiye kongera kugaruka hano mu rugo [...] Vuba aha turitegura kwibaruka kuri twe ni ikintu cyiza cyane ni yo mpamvu twifuza ko mwadushyigikira ariko mukaduha n’umugisha wa kibyeyi n’Inama.”

Papa wa France Mpundu utigeze aca ku ruhande yabijeje kubashyigikira nubwo atari ibintu byoroshye ku muryango, ati “Twe nk’umuryango si ibintu byoroshye ariko tuzabashyigikira nk’ababyeyi, abavandimwe n’umuryango. Inama zo ni ngombwa nta kibazo.”

Aka gace ariko kandi niko bagaragarizamo ko ariho Moctar yateguriye n’abavandimwe ba France Mpundu kuzamutungurira muri Zanzibar akaba ariho amwambikira impeta nkuko byagaragaye ubwo bamamazaga iki kiganiro.

Ni umugambi mwiza bacuze France Mpundu atabizi ndetse banahitamo indirimbo ‘Halo’ ya Beyoncé akunda cyane bahamya ko ariyo bazamutunguza mu birori byo kumwambika impeta.

Ibi birori byo kwambika France Mpundu impeta bizaba bibaye ibya kabiri cyane ko iya mbere yayimbikiye muri Afurika y’Epfo aho bahuriye mu kiganiro ‘The secret story’.

Aha niho Moctar yateguriye ibyo gutungurira France Mpundu muri Zanzibar akamwambika impeta
Moctar yagize umwanya wo kuganira na papa wa France Mpundu
Moctar yahaye impano papa wa France Mpundu
France Mpundu na Moctar bamenyesheje ababyeyi b'uyu mukobwa ko bitegura kwibaruka imfura yabo
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza