IGIHE

Icukumbura ku makuru yo gutandukana kwa Bwiza na KIKAC Music

0 24-01-2024 - saa 11:46, Nsengiyumva Emmy

Hashize iminsi hari inkuru zivuga ko umuhanzikazi Bwiza yaba yaramaze gutandukana na KIKAC Music, sosiyete yabarizwaga muri KIKAC Ltd yamufashaga mu bijyanye n’umuziki.

Ni amakuru yatanzwe na Dr Kintu Muhammad wari umuyobozi w’iyi sosiyete wavuze ko yatandukanye na Bwiza wahise akomezanya na Uhujimfura Jean Claude ushinzwe inyungu z’abahanzi muri KIKAC Ltd.

Dr Kintu yavuze ko gutandukana na Bwiza byaturutse ku kudahuza imikoranire na Uhujimfura Jean Claude.

Amakuru yizewe IGIHE ifite, ni uko Dr Kintu na Uhujimfura batandukanye batandukanye, bivuze ko icyabayeho ari ugutandukana kwa sosiyete ebyiri zari zihuriye hamwe kandi bikorwa mu bwumvikane.

Ni inyandiko yakorewe imbere ya Noteri ku wa 30 Kanama 2023, ihamya ko Dr Kintu atanze imigabane ye yose yo muri KIKAC Ltd ingana na 50%, ibi bikaba byari bisobanuye ko Uhujimfura wari usanganywe 50% yari agize imigabane ingana n’ijana ku ijana muri iyi sosiyete.

Ni inyandiko mvugo y’inama yanemeje ko Uhujimfura ari we wegukanye ubuyobozi bwose bw’iyi sosiyete yabarizwagamo KIKAC Music yarebereraga Bwiza.

Uhujimfura Jean Claude yagize ati “Sinavuga ngo habaye iki, ahubwo ni kwa kundi abantu baba badahuje intego bagafata icyemezo cyo gutandukana, ni ibintu byabaye mu bwumvikane ndetse hari n’inyandiko zabayeho kandi ntekereza ko byose bisobanutse.”

Amakuru ahari ahamya ko nyuma yo kubona ko imikoranire igoranye, aba bagabo bari bahuriye muri sosiyete yakoraga ubucuruzi ifite ibikorwa birimo akabari kitwa ‘Fame Lounge’ na sosiyete ifasha abahanzi yabarizwagamo Bwiza, biyemeje gutandukana mu bwumvikane.

Ubu bwumvikane bwasize Dr Kintu asigaranye akabari ka ‘Fame Lounge’ mu gihe Uhujimfura we yahawe KIKAC Ltd ibarizwamo KIKAC Music ikaba ari nayo ireberera abahanzi.

Nyuma yo gutandukana no kugabana imitungo bari bahuriyeho, Uhujimfura abinyujije muri KIKAC Music yakomeje gukorana na Bwiza ndetse kugeza ubu bamaze gusohora indirimbo zirenga eshatu.

Uhujimfura kandi yamaze kwinjiza muri KIKAC Music Niyo Bosco nk’umuhanzi mushya bagiye gukorana.

Dr Kintu yatanze imigabane ye muri KIKAC Ltd isigaranwa na Uhujimfura Jean Claude ijana ku ijana
Kudahuza mu mikoranire byatumye Dr Kintu (uri ibumoso) asigira sosiyete ya KIKAC Ltd Uhujimfura Jean Claude (Uri iburyo)
Kuva ba nyiri KIKAC Ltd bagirana ibibazo, ibikorwa bya Bwiza ntabwo byigeze bihagarara
Niyo Bosco nawe aherutse gusanga Bwiza muri KIKAC Ltd
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza