Benshi twishimira kubareba babyina, baseka, ariko burya si umurimo woroshye. Abakobwa bamamaye mu mashusho y’indirimbo z’abahanzi bakomeye mu Rwanda, bagaragaza ibibazo bitandukanye bahura nabyo, birimo kwitwa indaya n’ibindi.
Aba bakobwa bahabwa inyito ya "Video Vixen" mu Cyongereza, ni kenshi uzabona umwe mu ndirimbo runaka, ejo bundi ukamubona mu yindi bitewe n’uko yitwaye mu kuyiryoshya.
Benshi baganiriye na IGIHE bagaruka kuri uyu mwuga wabo, bahamya ko ubatunze nubwo utabura imvune, ndetse bamwe bakabafata uko bishakiye.
Uwitwa Alice Amike yavuze ko abantu bakwiriye guhindura uburyo babafata, kuko budakwiriye na gato.
Ati "Kujya mu ndirimbo ntabwo ari ikintu gihita kiza, nagiye mu mashusho y’indirimbo mfite imyaka 18 nabwo nari nacitse mu rugo. Ntekereza abantu badufata nk’indaya, nk’abafite imyumvire ipfuye. Buri muntu wese afira akazi ke kandi agakora ibyo akunda."
Arakomeza ati "Ni akazi nk’akandi. Abantu bakunze kudusuzugura bakunze kuvuga ko turi abakobwa batize. Hari impamvu ituma badufata gutyo. Ntekereza ko dukwiriye kubigira nk’akazi niba umuntu yakwishyuye, akazi karangira ugataha."
Uyu mukobwa yagaragaye mu ndirimbo zirimo “My Love” ya Kenny Sol, “My Bae” na “Like You” za Kevin Kade, “Breath” ya Christopher n’izindi.
Divine Uwayezu [Divine Uwa] avuga akazi gatunze abantu na we arimo gakwiriye guhabwa agaciro. Uyu mukobwa w’imyaka 20 asanzwe ari umubyinnnyi. Yagaragaye mu mashusho y’indirimbo ‘Agafoto’ ya Phil Peter, Marina, P Fla, Aime Bluestone na Fireman, ‘Umuana’ ya Kevin Kade, ‘Imashini’ ya Mico, ‘Briana’ ya Niyo Bosco n’izindi.
Nadia Nana ukomatanya kubyina, kuririmba no kugaragara mu mashusho y’indirimbo, yavuze ko abantu babita indaya bafite imyumvire iri hasi.
Ati "Iyo myumvire iri hasi. Nibyo bintunze, binyishyurira buri kimwe. Bashobora kumbona nambaye gutya cyangwa kuriya bakumva ko ngiye kwicuruza. Hari n’abamfashe nk’indaya kandi si ndiyo."
Yakomeje avuga ko ku mubyeyi ubona umwana we ashaka kwinjira mu mwuga wo kubyina yabanza akamuganiriza, akemeza ko bikwiriye ko abantu batagomba kumva inama zose bagirwa na bagenzi babo ngo bazimire kuko inyinshi zishobora kubashora mu bintu bibangiriza ubuzima.
Atanga urugero rw’ukuntu yagiriwe inama yo kujya ajya ku rubyiniro yanyoye inzoga, umunsi umwe yabikora akajya agwa.
Avuga ko agasuzuguro ku bakobwa bagaragara mu mashusho y’indirimbo hari igihe karenga urugero, kugeza aho umuntu ashobora kukubwira ngo umusange muri ‘lodge’ abe ariho akwishyurira.
Ati "Hari uwambwiye kunyishyurira muri lodge, ndamureka ajyana amafaranga ye.’"
Nadiya yagaragaye mu ndirimbo zirimo “Nibido” ya Christopher, “Akaninja” ya Gabiro Guitar na Bushali n’izindi.
Uwase Nadia Bianca afite imyaka 23, yatangiye kugaragara mu mashusho y’indirimbo kuva mu 2020.
Yagaragaye mu ndirimbo nka Kontorola ya Alyn Sano , Ubushyuhe ya DJ Pius na Bruce Melodie, Ikinyafu ya Bruce Melodie, Sawa ya Nel Ngabo, Jaribu ya Mike Kayihura , Nightmare ya Juno Kizigenza, Nyoola ya Bruce Melodie na Eddie Kenzo n’izindi.
Avuga ko hari abantu bafata abakobwa bagaragara mu mashusho y’indirimbo uko batari bitewe n’uko baba bababonye muri izo ndirimbo. Ati "Hari abadushimira bakatubwira ko badufana. Hari abavuga ngo uriya ni ikirara ni iki n’iki."
Uwase Dinah ugaragara mu ndirimbo zirimo ‘"Ubunyunyusi" ya Mico The Best, "Akaninja” ya Bushali na Gabiro Guitar, “Ifarasi” ya Davis D, “Forget” ya Kenny Sol n’izindi; asaba abantu guhindura imyumvire.
Ati “Ntibakadufate nk’indaya kuko ibyo dukora ni akazi nk’akandi kose."
Kundwa Shaddy w’imyaka 23 we agaragaza ko biba bitoroshye ku mwana w’umukobwa kuko buri wese agufata uko yiboneye, kubera kukubona mu mashusho y’indirimbo kandi bidakwiriye.
Ati "Umuntu ugaragara mu mashusho y’indirimbo ni umukobwa umusore atatereta. Uba usanga utagira umukunzi umuntu wese ukubona aba abona uri ikirara, uri umukobwa uryamana n’abahanzi. Sinzi ukuntu baba bagufata. Icyo navuga ntabwo umukobwa ugaragara mu mashusho y’indirimbo ari indaya, ni akazi nk’utundi twose. Ikintu nabwira abanyarwanda barekere kumva nta gaciro dufite."
Uyu we agaragara mu mashusho y’indirimbo zirimo “Ku Bicu” ya Active , “Iwawe” ya Eesam, “Agasenda” ya Social Mula na Alto , “Igorofa” ya Possible na Kivumbi King, “Nyoola” ya Bruce Melodie na Eddy Kenzo, “Haso” ya Kenny Sol n’izindi.
Amafaranga avuga ko aboneka cyane ko bashobora gukorera arenga 100 000 Frw mu masaha atatu. Ati ‘‘Ni ibintu birimo amafaranga kandi meza.’’
Aba bakobwa na bagenzi babo batagaragaye muri iki kiganiro, bashyizwe mu byiciro umunani mu bihembo bya Rwanda Video Vixen Awards aho bazagenda bahabwa amahirwe hifashishijwe internet.
Harimo icyiciro cya Best Video Vixen, Best Decade Video Vixen, Best Popular Video Vixen, Best Photogenic Video Vixen, Best New Video Vixen na Best Dressed Video Vixen. Hari kandi icya Best Inspirational Video Vixen na Best Dancer Video Vixen.
Umuntu ushaka kugira uwo aha amahirwe kuri internet anyura ku muyoboro washyizweho kuri internet , agahitamo mu bakobwa bahatanye bose hamwe uko ari 51.
Amatora yatangiye tariki 19 Gicurasi, azarangira ku wa 04 Nyakanga 2023. Ibihembo bigatangwa kuwa 08 Nyakanga 2023 muri Onomo Hotel.
Amafoto: Raul Habyarimana & Irakiza Yuhi Augustin
Video: Niyitanga Elise
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!