IGIHE

Ubuzima bwa bamwe mu bakobwa bagaragara mu mashusho y’indirimbo (Amafoto + Video)

0 19-06-2023 - saa 13:51, Uwiduhaye Theos

Benshi twishimira kubareba babyina, baseka, ariko burya si umurimo woroshye. Abakobwa bamamaye mu mashusho y’indirimbo z’abahanzi bakomeye mu Rwanda, bagaragaza ibibazo bitandukanye bahura nabyo, birimo kwitwa indaya n’ibindi.

Aba bakobwa bahabwa inyito ya "Video Vixen" mu Cyongereza, ni kenshi uzabona umwe mu ndirimbo runaka, ejo bundi ukamubona mu yindi bitewe n’uko yitwaye mu kuyiryoshya.

Benshi baganiriye na IGIHE bagaruka kuri uyu mwuga wabo, bahamya ko ubatunze nubwo utabura imvune, ndetse bamwe bakabafata uko bishakiye.

Uwitwa Alice Amike yavuze ko abantu bakwiriye guhindura uburyo babafata, kuko budakwiriye na gato.

Ati "Kujya mu ndirimbo ntabwo ari ikintu gihita kiza, nagiye mu mashusho y’indirimbo mfite imyaka 18 nabwo nari nacitse mu rugo. Ntekereza abantu badufata nk’indaya, nk’abafite imyumvire ipfuye. Buri muntu wese afira akazi ke kandi agakora ibyo akunda."

Arakomeza ati "Ni akazi nk’akandi. Abantu bakunze kudusuzugura bakunze kuvuga ko turi abakobwa batize. Hari impamvu ituma badufata gutyo. Ntekereza ko dukwiriye kubigira nk’akazi niba umuntu yakwishyuye, akazi karangira ugataha."

Uyu mukobwa yagaragaye mu ndirimbo zirimo “My Love” ya Kenny Sol, “My Bae” na “Like You” za Kevin Kade, “Breath” ya Christopher n’izindi.

Divine Uwayezu [Divine Uwa] avuga akazi gatunze abantu na we arimo gakwiriye guhabwa agaciro. Uyu mukobwa w’imyaka 20 asanzwe ari umubyinnnyi. Yagaragaye mu mashusho y’indirimbo ‘Agafoto’ ya Phil Peter, Marina, P Fla, Aime Bluestone na Fireman, ‘Umuana’ ya Kevin Kade, ‘Imashini’ ya Mico, ‘Briana’ ya Niyo Bosco n’izindi.

Nadia Nana ukomatanya kubyina, kuririmba no kugaragara mu mashusho y’indirimbo, yavuze ko abantu babita indaya bafite imyumvire iri hasi.

Ati "Iyo myumvire iri hasi. Nibyo bintunze, binyishyurira buri kimwe. Bashobora kumbona nambaye gutya cyangwa kuriya bakumva ko ngiye kwicuruza. Hari n’abamfashe nk’indaya kandi si ndiyo."

Yakomeje avuga ko ku mubyeyi ubona umwana we ashaka kwinjira mu mwuga wo kubyina yabanza akamuganiriza, akemeza ko bikwiriye ko abantu batagomba kumva inama zose bagirwa na bagenzi babo ngo bazimire kuko inyinshi zishobora kubashora mu bintu bibangiriza ubuzima.

Atanga urugero rw’ukuntu yagiriwe inama yo kujya ajya ku rubyiniro yanyoye inzoga, umunsi umwe yabikora akajya agwa.

Avuga ko agasuzuguro ku bakobwa bagaragara mu mashusho y’indirimbo hari igihe karenga urugero, kugeza aho umuntu ashobora kukubwira ngo umusange muri ‘lodge’ abe ariho akwishyurira.

Ati "Hari uwambwiye kunyishyurira muri lodge, ndamureka ajyana amafaranga ye.’"

Nadiya yagaragaye mu ndirimbo zirimo “Nibido” ya Christopher, “Akaninja” ya Gabiro Guitar na Bushali n’izindi.

Uwase Nadia Bianca afite imyaka 23, yatangiye kugaragara mu mashusho y’indirimbo kuva mu 2020.

Yagaragaye mu ndirimbo nka Kontorola ya Alyn Sano , Ubushyuhe ya DJ Pius na Bruce Melodie, Ikinyafu ya Bruce Melodie, Sawa ya Nel Ngabo, Jaribu ya Mike Kayihura , Nightmare ya Juno Kizigenza, Nyoola ya Bruce Melodie na Eddie Kenzo n’izindi.

Avuga ko hari abantu bafata abakobwa bagaragara mu mashusho y’indirimbo uko batari bitewe n’uko baba bababonye muri izo ndirimbo. Ati "Hari abadushimira bakatubwira ko badufana. Hari abavuga ngo uriya ni ikirara ni iki n’iki."

Uwase Dinah ugaragara mu ndirimbo zirimo ‘"Ubunyunyusi" ya Mico The Best, "Akaninja” ya Bushali na Gabiro Guitar, “Ifarasi” ya Davis D, “Forget” ya Kenny Sol n’izindi; asaba abantu guhindura imyumvire.

Ati “Ntibakadufate nk’indaya kuko ibyo dukora ni akazi nk’akandi kose."

Kundwa Shaddy w’imyaka 23 we agaragaza ko biba bitoroshye ku mwana w’umukobwa kuko buri wese agufata uko yiboneye, kubera kukubona mu mashusho y’indirimbo kandi bidakwiriye.

Ati "Umuntu ugaragara mu mashusho y’indirimbo ni umukobwa umusore atatereta. Uba usanga utagira umukunzi umuntu wese ukubona aba abona uri ikirara, uri umukobwa uryamana n’abahanzi. Sinzi ukuntu baba bagufata. Icyo navuga ntabwo umukobwa ugaragara mu mashusho y’indirimbo ari indaya, ni akazi nk’utundi twose. Ikintu nabwira abanyarwanda barekere kumva nta gaciro dufite."

Uyu we agaragara mu mashusho y’indirimbo zirimo “Ku Bicu” ya Active , “Iwawe” ya Eesam, “Agasenda” ya Social Mula na Alto , “Igorofa” ya Possible na Kivumbi King, “Nyoola” ya Bruce Melodie na Eddy Kenzo, “Haso” ya Kenny Sol n’izindi.

Amafaranga avuga ko aboneka cyane ko bashobora gukorera arenga 100 000 Frw mu masaha atatu. Ati ‘‘Ni ibintu birimo amafaranga kandi meza.’’

Aba bakobwa na bagenzi babo batagaragaye muri iki kiganiro, bashyizwe mu byiciro umunani mu bihembo bya Rwanda Video Vixen Awards aho bazagenda bahabwa amahirwe hifashishijwe internet.

Harimo icyiciro cya Best Video Vixen, Best Decade Video Vixen, Best Popular Video Vixen, Best Photogenic Video Vixen, Best New Video Vixen na Best Dressed Video Vixen. Hari kandi icya Best Inspirational Video Vixen na Best Dancer Video Vixen.

Umuntu ushaka kugira uwo aha amahirwe kuri internet anyura ku muyoboro washyizweho kuri internet , agahitamo mu bakobwa bahatanye bose hamwe uko ari 51.

Amatora yatangiye tariki 19 Gicurasi, azarangira ku wa 04 Nyakanga 2023. Ibihembo bigatangwa kuwa 08 Nyakanga 2023 muri Onomo Hotel.

Aba bakobwa ni bamwe mu bahataniye ibihembo bya Rwanda Video Vixen Awards bigiye gutangwa ku nshuro ya mbere
Alice Amike ni umukobwa w'ikimero gituma benshi bamushidukira bakamwifashisha mu mashusho y'indirimbo
Alice Amike ni umwe mu bakobwa bakunze kwifashishwa mu mashusho y'indirimbo
Alice Amike w’imyaka 22 ni umwe mu bakobwa bagezweho mu ndirimbo z’abahanzi bakomeye
Alice Amike yagaragaye mu mashusho y'indirimbo zitandukanye z'abahanzi bakomeye
Amike avuga ko we na bagenzi be bakwiriye kubahwa
Divine Uwa amaze kuba umwe mu babyinnnyi bakomeye mu Rwanda
Divine Uwa asanzwe akora akazi ko kugaragara mu ndirimbo abyina
Divine Uwa asanzwe akora akazi ko kugaragara mu ndirimbo abyina
Divine Uwa amaze igihe kinini agaragara mu mashusho y'indirimbo ari umubyinnyi
Divine Uwa w’imyaka 20 nawe asanzwe ari umubyinnnyi. Yagaragaye mu mashusho y’indirimbo ‘Agafoto’ ya Phil Peter, Marina, P Fla, Aime Bluestone na Fireman, ‘Umuana’ ya Kevin Kade, ‘Imashini’ ya Mico n'izindi
Divine Uwayezu ni umwe mu bakobwa bagezweho mu mashusho y'indirimbo z'abahanzi
Imyambarire y'aba bakobwa no kugaragara mu mashusho y'indirimbo bituma bamwe babita indaya
Kelly Boo amaze igihe kinini ari umwe mu bakobwa bahagaze neza bifashishwa mu ndirimbo
Kelly Boo na bagenzi be bavuga akazi ko kugaragara mu mashusho y'indirimbo ari akazi keza
Kelly Boo nawe ni umwe mu bakobwa bagaragara mu mashusho y'indirimbo
Kelly Boo we avanga kugaragara mu mashusho y'indirimbo no kuvanga imiziki
Kundwa Shaddy avuga ko hari igihe abasore b'abanga kubera ko baba bumva basambana n'abahanzi
Kundwa Shaddy avuga ko uburyo abakobwa bagenzi be bagaragara mu mashusho y'indirimbo bidakwiriye
Kundwa Shaddy ni umwe mu bakobwa bamaze kugaragara mu ndirimbo nyinshi
Nadia Nana avuga ko akazi gatunze benshi bakora kadakwiriye kwigirizwaho nkana
Nadiya avuga ko abakobwa bagaragara mu mashusho bahura na benshi baba bashaka kubasambanya ababuze ubwenge bikarangira bibaye
Nadia Nana avanga kuririmba, kubyina no kugaragara mu mashusho y'indirimbo
Nadia Nana avanga kuririmba, kubyina no kugaragara mu mashusho y'indirimbo
Nadia Nana ngo hari umugabo wamusabye kumusanga muri 'Lodge' akaba ariho amwishyurira undi aratsemba
Nadia Nana ngo hari umugabo wamusabye kumusanga muri 'Lodge' akaba ariho amwishyurira undi aratsemba
Uwase Bianca agaragaza akazi ko kugaragara mu mashusho y'indirimbo no kubyina nk'akazi kagomba guhabwa agaciro kuko gatunze benshi
Uwase Dinah ni umwe mu bakobwa b'ibizungerezi bifashishwa mu ndirimbo
Uwase Dinah ni umwe mu bakobwa b'ibizungerezi bifashishwa mu ndirimbo
Uwase Bianca uretse kubyina amaze no kugaragara mu mashusho y'indirimbo menshi
Uwase Dinah ni umwe mu bakobwa bifashishwa mu mashusho y'indirimbo zitandukanye
Uwase Dinah ugaragara mu ndirimbo zirimo ‘‘Ubunyunyusi” ya Mico The Best, “Akaninja” ya Bushali na Gabiro Guitar, “Ifarasi” ya Davis D, “Forget” ya Kenny Sol n’izindi_ asaba abantu guhindura imyumvire
Uwase Nadia Bianca afite imyaka 23 , yatangiye kugaragara mu mashusho y’indirimbo kuva mu 2020
Uwase Nadia Bianca avuga akazi bakora we kabatunze n'ubwo bamwe babita indaya
Uwase Nadia Bianca avuga akazi bakora we kabatunze n'ubwo bamwe babita indaya

Amafoto: Raul Habyarimana & Irakiza Yuhi Augustin

Video: Niyitanga Elise

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza