IGIHE

Taylor Swift yagaragaje impeta y’ubukwe nyuma y’icyumweru arongowe na Travis Kelce

0 11-07-2026 - saa 10:13, Umwali Zhuri

Taylor Swift yongeye kugaragara mu ruhame ari kumwe n’umugabo we Travis Kelce, nyuma y’icyumweru kimwe bakoze ubukwe. Muri icyo gikorwa, uyu muhanzikazi yeretse abafana bwa mbere impeta y’ubukwe bwe.

Swift na Kelce bagaragaye mu bukwe bwa JuJu Smith-Schuster, wahoze akinana na Kelce muri Kansas City Chiefs, wari warushinze na Laura Kruk. Ubwo bari bicaye mu bandi bashyitsi, Swift yagaragaye asa n’uwishimiye kwereka abari aho impeta nshya y’ubukwe.

Amafoto yafatiwe muri ubwo bukwe bwabereye muri Ritz-Carlton, Laguna Niguel muri California, agaragaza Swift yambaye ikanzu ndende ifite ibara ry’iroza, naho Kelce yambaye amabara y’umukara. Bombi bagaragaye bafatanye ibiganza, basabana n’abashyitsi ndetse banabyina.

Swift na Kelce bakoze ubukwe ku wa 3 Nyakanga 2026 muri Madison Square Garden i New York, mu birori byitabiriwe n’ibyamamare byinshi. Bivugwa ko ubwo bukwe bwatwaye miliyoni 30 z’amadolari cyangwa arenga, harimo hafi miliyoni 5 z’amadolari yakoreshejwe ku ndabo n’imitako gusa.

Taylor Swift yari afite akanyamuneza ku maso ubwo yerekaga abitabiriye impeta ye
Ni ubwa mbere bombi bagaragaye mu ruhame kuva bakora ubukwe
Ubukwe bwabo bwakoreshejwemo imitako ya miliyoni 5$
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza