IGIHE

Rwasa yahembwe, herekanwa umwana yasize; udushya twaranze Rwanda International Movie Awards (Amafoto & Video)

0 2-04-2023 - saa 16:52, Mahoro Vainqueur

Mu birori byo gutanga ibihembo bya Rwanda International Movie Awards 2023 byatanzwe ku nshuro ya munani, Denis Nsanzamahoro wamamaye ku mazina ya Rwasa muri Sinema Nyarwanda yahawe igihembo cya ‘Legend Award’ mu rwego rwo guha agaciro ibyo yakoze akiriho.

Iki gihembo cyahawe uyu mugabo umaze imyaka itatu yitabye Imana cyakiriwe na murumuna we wari uherekejwe n’imfura ya Rwasa.

Abo mu muryango we bakiriye iki gihembo bashimiye abategura Rwanda International Movie Awards kuba bakomeje kuzirikana uyu muryango.

Murumuna wa Nsanzamahoro yagize ati “Ndashimira RIMA yateguye iki gikorwa, ni iby’agaciro kuba mukomeje kuzirikana umuryango, mwakoze.”

Denis Nsanzamahoro [Rwasa] yitabye Imana tariki 5 Nzeri 2019 nyuma y’iminsi ine yari amaze mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK; yazize indwara ya diabète.

  Nemeye Platini yatunguranye mu birori

Platini P ni we wataramiye abitabiriye ibi birori mu buryo bwatunguye benshi dore ko bitari byatangajwe mbere.

Platini wari witwaje ababyinnyi nubwo yagowe n’urubyiniro rwari ruto yatanze ibyishimo binyuze mu ndirimbo ze zikunzwe zirimo “Mbega Byiza” na “Shumeleta”.

Platini P yifashishije indirimbo eshatu mu gususurutsa abitabiriye Rwanda International Movie Awards 2023
Platini yatunguranye ataramira abitabiriye ibi birori

Ibi birori byitabiriwe n’abanyamuziki batandukanye barimo Bruce Melodie, Marina, Juno Kizigenza, Davis D, Phil Peter, Yago, Bahati Makaca n’abandi.

Hari abakinnyi ba filime baturutse mu bihugu birimo Nigeria, Cameroun, Ghana, Kenya, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi.

  Abanyarwanda bahize ibikomeye nyuma yo kwegukana ibihembo

Ibi bihembo byatangiye gutangwa saa Yine z’ijoro ryo ku wa Gatandatu kugera mu gitondo cyo ku Cyumweru, tariki ya 2 Mata 2023.

Abanyarwanda bahembwe barimo Mugisha Emmanuel (Clapton Kibonge) wegukanye igihembo cya ‘Best Actor’. Uyu agaragara muri filime zitandukanye zirimo “Umuturanyi Series” na “Seburikoko”.

Clapton wari uherekejwe n’umugore we yavuze ko yaserutse ari kumwe n’abatuma ‘negukana ibihembo, bampa impamvu yo gukora.’

Ati “Filime yitwa ‘Umuturanyi’ itumye negukana iki gihembo ni umusaruro wa Covid-19, nayanditse igihe nari ntangiye kurambirwa na Gahunda ya Guma mu rugo. Abanya-Nigeria bari hano nubwo badutanze gukina filime ariko ntibaturusha, ubu turaje noneho.”

Clapton yavuze ko umukobwa we ari we uzaba umukinnyi wa filime mwiza w'ahazaza

Bahavu Jeannette wahiriwe n’uyu munsi yegukanye ibihembo birimo “Best Actress”, “Best Series” yabaye “Impanga” na “People’s Choice Award” ari na yo yatumye yegukana imodoka nk’igihembo nyamukuru.

Bahavu Jeannette na Fleury Legend batahanye ibihembo bitatu

Igihozo Nshuti Mireille wegukanye igihembo cya “Best Supporting Actress” akina muri filime y’uruhererekane yitwa “Indoto Series”.

Uyu mukobwa wari uherekejwe n’umubyeyi we, yahishuye ko ibi yari yarabimusezeranyije amubwira ko azamutera ishema.

Yagize ati “Imana ishimwe cyane mbashije kugera ku isezerano nari narahaye uyu mubyeyi wanjye. Nari naramubwiye ko nzamutera ishema nkegukana igihembo nk’iki none birabaye.”

Benimana Ramadhan uzwi nka Bamenya yegukanye igihembo cya “Best Creator”.

Igihembo cya “Best Supporting Actor” cyegukanywe na Iradukunda Abouba Ibra (Prince) ukina muri Filime ya ‘Bamenya Series’ ndetse ni n’umwe mu bakinnyi bakuru ba filime ya “The Bishop Family” yegukanye igihembo cya Best Series muri Afurika y’Iburasirazuba.

“Best Director” yabaye Niyoyita Roger wayoboye filime “The Bishop Family” mu gihe “Best Short film” yabaye iyitwa ‘‘Ingaruka’’.

Icyiciro cya “Feature Film’’ cyegukanywe na ‘‘Above the Brave’’ ya Kalinda Isaïe.

Igihembo cya “Academic Films’’ cyegukanywe na ‘‘Option Z’’ ya Dusamina Jean Claude.

Mu cyiciro cya Filime Ngufi (Short Movies), ‘Ingaruka’ ya Habiyakare Muniru ni yo yegukanye iki gihembo.

  Abanyamahanga baserutse bemye

Abakinnyi ba filime b’abanyamahanga bari mu bahembwe muri Rwanda International Movie Awards 2023.

Emmanuel Chukwuemeka Ejekwu [Mr Funny] ni wegukanye igihembo cya “Best International Creator”.

IK Ogbonna yegukanye igihembo cya “Best International Actor”, Ini Edo wishimiye kugera mu Rwanda bwa mbere acyura icya “Best International Actress”.

“Best Feature Film” yabaye “When The Levees are broke” yo muri Cameroun, igihembo cya “Best Documentary” cyatwawe na “Sacrificed Innocence” yo mu Bufaransa.

IK Ogbonna yegukanye igihembo cya "Best International Actor"
Ini Edo yegukanye Igihembo cya "Best International Actress"
Richard Mofe-Damijo yishimiye kugera i Kigali
Umukinnyi wa filime wo muri Nigeria IK Ogbonna ubwo yari agiye kwakira igihembo yatsindiye muri Rwanda International Movie Awards
Umunya-Nigeria Ini Edo wishimiye kugera mu Rwanda bwa mbere yavuze ko azajya ahagaruka kenshi

Abitabiriye ibirori babanje kunyura ku itapi itukura

Bahavu Jeannette na Fleury Legend batambuka ku itapi itukura
Uwihoreye Mustapha uzwi nka Ndimbati ni uku yaserutse yambaye
Francis Zahabu ubwo yari ageze ahabereye ibi birori
Nyambo Jesca ni uku yaserutse yambaye
Mitsutsu ubwo yari ageze ahabereye ibi birori
Mugisha James uzwi nka Mudenge ni uku yaserutse
Lion Imanzi yafashije Umutoni Oliva uzwi nka Saranda gutambuka ku itapi itukura
Kayonga Gatesi Divine (Tessy) ni uku yaserutse yambaye
Igihozo Nshuti Mireille ubwo yinjiraga ahatangiwe ibi bihembo
Iradukunda Abouba Ibra (Prince) anyura ku itapi itukura
Dusenge Clenia uzwi nka Madederi muri Filime "Papa Sava" ubwo yageraga ahatangiwe ibihembo
Clapton Kibonge ubwo yinjiraga ahatangiwe ibihembo bya Rwanda International Movie Awards
Benimana Ramadhan uzwi nka Bamenya ubwo yanyuraga ku itapi itukura
Bamwe mu bakinnyi ba filime bo hanze y'u Rwanda bari bitabiriye iki gikorwa
Amina ni we mukinnyi wa filime waturutse i Burundi witabiriye ibi birori
Abanyarwanda n'abanyamahanga bitabiriye ibirori bya Rwanda International Movie Awards

Ibirori byo guhemba byari bibereye ijisho

Alliah Cool yashimiwe ku muhate agira mu guteza imbere Sinema Nyarwanda
Bahavu Jeannette ni we wegukanye ibihembo byinshi uyu mwaka
Bamenya yahawe Igihembo cya "Best Creator"
Bruce Melodie ubwo yari ahuriye ku rubyiniro na Alliah Cool
Cyusa Ibrahim ni umwe mu batanze ibihembo
Davis D nyuma yo gushyikiriza Fleury Legend na Bahavu igihembo cya "Best Series"
Ibihembo byatanzwe muri Rwanda International Movie Awards 2023
Igihozo Nshuti Mireille yashimiye gusohoza isezerano yari yarahaye umubyeyi we
Igihozo Nshuti Mireille yegukanye igihembo cya "Best Supporting Actress" akina muri Filime y’uruhererekane "Indoto Series"
Imfura ya Nsanzamahoro Denis (Rwasa) yakira igihembo cyahawe se, aha yari aherekejwe na murumuna wa nyakwigendera
Iradukunda Abouba Ibra (Prince) yegukanye Igihembo cya "Best Supporting Actor"
Isimbi Aliance (Alliah Cool) ni we uherutse guhabwa inshingano zo gutegura ibi birori
Alliah Cool yashimiye abaje kumushyigikira muri iki gikorwa yari ayoboye bwa mbere
Mr Funny igihembo yahawe yagituye umubyeyi we
Clapton Kibonge wari uherekejwe n'umuryango we yashyikirijwe igihembo yatsindiye na Coach Gael
Juno Kizigenza ni we washyikirije Mr Funny igihembo cya Best International Creator yegukanye
Willy Ndahiro yari yitabiriye itangwa ry'ibi bihembo
Natacha Ndahiro yari yitabiriye ibi birori
Kazungu Emmanuel (Mitsutsu) ni umwe mu bari bahataniye igihembo cya People's Choice Awards
Ingabire Pascaline uzwi nka Samatha yari afite akanyamuneza
Davis D ari mu bitabiriye ibi birori
Bruce Melodie, Umujyanama we Coach Gael na Levixone bari mu bitabiriye ibi birori
Abakunzi ba sinema bari benshi muri Crown Conference Hall
Abakinnyi ba filime bo mu Rwanda n'abanyamahanga bari baje kwihera ijisho itangwa ry'ibihembo bya Rwanda International Movie Awards 2023

Amafoto: Nezerwa Salomon

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza