Se wa Kitoko Bibarwa wari umaze iminsi arwariye mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal yitabye Imana mu ijoro ryo kuri uyu wa 26 Nyakanga 2026.
Uyu muhanzi wari umaze imyaka myinshi mu Bwongereza, umwaka ushize yatashye mu Rwanda aho asigaye atuye kugeza ubu, ibyatumye agira n’umwanya wo kurwaza se wari umaze iminsi mu bitaro.
Benshi mu bakurikiye ibitaramo birimo ‘Summer Country Tour’, Rayon Day n’ibindi Kitoko yari amazemo iminsi, mu makuru batahawe ni uko yabahaga ibyishimo avuye kurwaza umubyeyi we wari urembye.
Kitoko Bibarwa Patrick wagize ibyago ni umwe mu bahanzi bamaze igihe mu muziki w’u Rwanda by’umwihariko mu ndirimbo zitandukanye nka ‘Ifaranga’ ‘Manyobwa’, ‘Igendere’, ‘Sakwesakwe’, ‘Indyarya’, n’izindi nyinshi.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!