Nyuma y’igitaramo Urban Boys itegerejwemo muri MTN Iwacu Muzika Festival i Rubavu ku wa 1 Kanama 2026, byamaze kwemezwa ko iri tsinda rizongera gutaramira i Kigali ku wa 8 Kanama 2026.
Abagize Urban Boys, bari bamaze imyaka umunani batongera gutaramana ari abahanzi batatu, bageze i Kigali ku wa 22 Nyakanga 2026, bahita batangira imyiteguro y’igitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival.
Igitaramo iri tsinda rizakorera i Kigali kizaba kigamije kwizihiza isabukuru y’umwaka umwe Zaria Courts imaze ifunguwe.
Mu kiganiro na IGIHE, Safi Madiba yavuze ko bishimiye gukomeza kubona amahirwe yo kongera guhurira n’abakunzi babo mu bitaramo bitandukanye.
Yagize ati "Twe muri kamere yacu twifuza gutaramana n’abakunzi bacu aho bari hose. Ni amahirwe kuba Zaria Courts yaratwiyambaje, bikaduha andi mahirwe yo kongera gutaramana n’abakunzi bacu b’i Kigali."
Safi Madiba yavuze kandi ko uretse ibi bitaramo bibiri byamaze kwemezwa, bari mu biganiro n’abandi bategura ibitaramo, ku buryo hari amahirwe menshi ko abakunzi ba Urban Boys bazongera kuyibona kenshi mu minsi iri imbere.
Kwinjira muri iki gitaramo cyiswe "Replay Vol. 1" ni 7.000 Frw ku myanya isanzwe na 15.000 Frw ku myanya y’icyubahiro.
Muri iki gitaramo, Urban Boys izahurira ku rubyiniro na Amalon, mu gihe Selekta Faba ari we uzavanga imiziki, naho Lucky Nzeyimana akazaba ari umushyushyarugamba (MC).
Abagize Urban Boys baherukaga gutaramana ari abahanzi batatu mu 2017, ubwo bakoreraga igitaramo i Rubavu cyo gusezera Safi Madiba wari ugiye gukora ubukwe.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!