Kenza Johanna Ameloot, wabaye Miss Belgique 2024, ari mu bantu bazitabira umuhango wo Kwita Izina 2026, aho azagira uruhare mu kwita izina umwe mu bana b’ingagi.
Ibirori byo Kwita Izina bizabera mu Kinigi mu Karere ka Musanze ku wa 4 Nzeri 2026.
Kenza afite umubyeyi w’Umunyarwandakazi witwa Gakire Joselyne, mu gihe se ari Umubiligi. Yavukiye i Bruxelles. Uretse kuba umunyamideli wabigize umwuga, yiga ibijyanye n’ubucuruzi mpuzamahanga.
Ku wa 24 Gashyantare 2024, nibwo Kenza yambitswe ikamba rya Miss Belgique 2024 mu birori byabereye i De Panne, ahigitse abakobwa 32 bari bageze mu cyiciro cya nyuma.
Mu 2024, nyuma yo kuba Miss Belgique, Kenza yasuye u Rwanda aho yifatanyije n’umuryango ‘Light for the World’ mu bikorwa byo gufasha abana bafite ibibazo by’amaso.
Kenza wamaze kugera mu Rwanda, yatangiye kuryoherwa n’urw’imisozi igihumbi kuko abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yasangije abamukurikira amashusho yagiye gutembera muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!