Mu gihe Diamond Platnumz ategerejwe i Kigali mu gitaramo kizabera muri BK Arena ku wa 29 Kanama 2026, amakuru yizewe ahari ni uko uyu muhanzi azagera mu Rwanda ari kumwe n’itsinda ry’abantu barenga 30 basanzwe bakorana.
Amakuru aturuka mu bantu ba hafi muri Wasafi, ahamya ko uyu muhanzi yifuza gutanga ibyishimo ku bakunzi be, ari na yo mpamvu itsinda rigari risanzwe rimufasha ryiyemeje kumuherekeza i Kigali.
Bamwe mu bo byitezwe ko bazaba bari i Kigali hamwe na Diamond barimo abajyanama be, ababyinnyi be, itsinda ry’abanyamakuru ba Wasafi TV na Wasafi FM ndetse n’abakoresha imbuga nkoranyambaga z’uyu muhazi.
Hari n’amakuru avuga ko ashobora gutungurana akagera i Kigali ari kumwe na bamwe mu bahanzi bo muri Wasafi Records asanzwe afasha.
Umwe mu bantu bo muri Wasafi waganiriye na IGIHE yagize ati “Igitaramo cya Diamond i Kigali ntabwo tugifata nk’igitaramo gisanzwe. Turifuza gutanga ibyishimo ku bakunzi bacu kandi twizeye ko bizagenda neza. Itsinda rigari risanzwe rimufasha na ryo rizaba rihari.”
Diamond uzaba ataramira i Kigali, byitezwe ko azahurira muri iki gitaramo n’abahanzi b’i Kigali, biganjemo ab’amazina akomeye nka Bruce Melodie, Nel Ngabo na Ish Kevin.
Uretse aba bahanzi, abazitabira iki gitaramo bazaba basusurutswa n’abahanga mu kuvanga imiziki barimo DJ Marnaud na Etania.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!