Benshi mu bakurikira imyidagaduro y’u Rwanda bibuka umwana witwa Karyuri wamamaye ku mbuga nkoranyambaga mu myaka mike ishize kubera impano ye yo kubyina.
Kuba atakigaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga ni kimwe mu bituma benshi bibaza irengero ry’uyu mwana ubusazwe wagaragazaga impano ikomeye mu bijyanye no kubyina bigezweho.
Kutagaragara kwe biri mu byatumye IGIHE ishaka uko yabona Karyuri kugira ngo tumenye ubuzima abayemo muri iki gihe ndetse abamukunze banamenye ibimuhugije.
Karyuri wari usanzwe atuye i Kanazi, twaje kumenya ko yimukiye i Nyamata ndetse ko ubu arerwa na Sarongo wafashe inshingano zo kumufasha nyuma yo kubisabwa na nyirakuru mbere y’uko yitaba Imana.
Kalisa Claude ureberera inyungu za Karyuri mu buzima bwa buri munsi yavuze ko mbere y’uko nyirakuru wa Karyuri yitaba Imana yari yarasabye Sarongo ko yazamufashiriza umwana.
Ati “Na mbere y’uko mukecuru we yitaba Imana yari yarasabye Sarongo kumufashiriza umwana cyane ko yagaragazaga ikibazo cy’imyigire, ni uko yimukuye i Kanazi amujyana iwe mu rugo kuri ubu ari kwiga kuri École Reine des Apôtres de Nyamata kandi bimeze neza.”
Kimwe mu byo Karyuri n’abamurera bishimira ni uko wa mwana warangwaga no kwisanga mu myanya ya nyuma ku ishuri ubu asigaye yiga neza ndetse agatsinda.
Uyu mwana yifashishije urugero rw’uko mu bizamini yakoze bisoza umwaka wa gatanu w’amashuri abanza, Karyuri yabaye uwa munani.
Uyu mwana yavuze ko imwe mu mpamvu zituma abantu batakimubona cyane ari uko ahugiye mu masomo ariko noneho uyu mwaka akaba agiye gushyira imbaraga nyinshi mu kwitegura ikizami cya Leta dore ko agiye mu wa Gatandatu w’amashuri abanza.
Icyakora ariko kandi Karyuri ahamya ko mu biruhuko yagerageje gufata amashusho menshi ashobora kuzifashishwa mu gihe azaba ahugiye mu masomo ku buryo mu minsi iri imbere abantu bazongera kumubona ku mbuga nkoranyambaga.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!