Sosiyete y’abanyarwenya ya Generation Z imaze umwaka umwe ishinzwe ku nshuro ya mbere yakoze igitaramo yatumiyemo umunyarwenya uturutse hanze y’u Rwanda Dr. Hilary Okello wo muri Uganda.
Ni igitaramo cyahujwe no kwizihiza umwaka ibitaramo bya Gen-Z Comedy bitangiye cyabereye ahitwa Art Rwanda Ubuhanzi incubation Center (Murugando ), ku mugoroba wa tariki 9 Werurwe 2023.
Iki gitaramo cyatangiye saa moya z’umugoroba uko amasaha yagendaga akura niko abantu barushagaho kuba benshi bigera naho abagiteguye bitabaza intebe za restora yari hafi aho.
Umuyobozi wa Gen-Z comedy, Ndaruhutse Merci [Fally Merci] abona ibi bitaramo bimaze gukura cyane nawe ibintu bikomeza kumutera imbaraga biri mubyatumye atangira gutumira abanyamahanga.
Fally Merci nyuma yo kubona ko abantu bamwe bari babuze aho bicara yanzuye kujya azana intebe nyinshi atitaye ku bantu bari buze mu gitaramo.
Ati “Ubutaha nzajya nzana intebe ntitaye kubari buze, urabona ko babaye benshi cyane, Gen-Z Comedy imaze gukura ni ubwa mbere tuzanye umunyarwenya w’umunyamahana.”
“Kumuzana twashatse kwigira kubanyarwenya b’abanyamahanga, ndetse tunareba uko twakubaka ubuvamdimwe nokuzamurana nk’abanyarwenya bo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba, njye ndakomeza kandi ntabwo ndibucike intege.”
Iki gitaramo cyitabiriwe n’abarimo Uncle Austin, Junior Giti (Umujyanama wa Chris Eazy), umunyarwenya Rusine, Bamenya, Babu Nyambo Jesca, MC Nario, n’abandi.
Iki gitaramo cyarimo inkuru z’urwenya zibanda ku buzima bwa buri munsi, ubuzima bw’ishuri, zakozwe n’abanyarwenya babarizwa muri Gen-Z Comedy barimo, Admin Pro, Muhinde, Kadudu, Mavinde, Fally Merci, n’abandi.
Dr. Hilary Okello umunyarwenya wa mbere w’umunyamahanga utaramiramiye mu bitaramo bya Gen-Z Comedy ika n’inshuro ya mbere ataramiye mu Rwanda yateye urwenya ku bijyanye n’amasomo y’ubumenyamuntu (Biologie) avuga uburyo hari abiyibutsa ibyo bize barebeye ku bantu bari hafi yabo.
Ati“Isomo rwa Biologie muraruzi ryari rigoye, nyuma yo kwiga ibice by’umubiri w’umuntu, ibyo munda n’ahandi twebwe twiga twabonaga umuntu agenda ugatangira kubara ibice bimugize kugira ngo wiyibutse, ukabona umuntu ukamubonamo amara, amagufa, igihanga n’ibindi”
Uyu munyarwenya kandi yavuze uburyo mu ishuri hari abanyeshuri bagendana ubwonko butari ubwabo, kubera gukopera cyane.
Umunyarwenya Rusine wataramiye kenshi muri ibi bitaramo bimurika impano y’abanyarwenya bakiri bashya hari abanyarwenya yabanje gushakira imyambaro baserukana.
Ibi yabikoze biturutse ku kizamini yabakoresheje mbere y’umunsi w’igitaramo abatsinze abemerera kubashakira imyambaro baserukana ndetse no kubitaho kubijyanye n’amafunguro.
Abatsinze iki kizamini cya Rusine ni umunyarwenya Kaduhire [Kadudu] na Kamamata.
Iyi Gen-Z Comedy iba inshuro ebyiri mu kwezi ibarizwamo abanyarwenya 60 barimo abakobwa babiri.
Amafoto : Tripus Photo
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!