Flavour uri mu bahanzi bakanyujijeho mu muziki wa Nigeria ndetse n’uw’Afurika muri rusange, yatangaje ko agorwa no gukunda umugore umwe.
Uyu mugabo w’imyaka 42 yatangaje ko we yiyumva nk’umuntu ushobora gukunda abagore benshi, aho kwizirika ku mugore umwe, nk’uko Daily Post yabitangaje.
Yavuze ko ari umuntu ukunze kugerageza ibintu n’abantu benshi ku buryo byamugora kwigarurirwa n’umugore umwe.
Ati “Njye ndi umuntu ugira amatsiko. Mba mu Isi idashyiraho imipaka. Ndi uwo ku mihanda. Abagabo bamwe bahitamo kuba abo mu rugo, ariko njye siko meze. Mba mu Isi ifunguye, ntabwo wanzirikira ahantu hamwe.”
Flavour ni umubyeyi w’abana batatu yabyaranye n’abagore babiri ari bo Sandra Okagbue na Anna Ebiere Banner.
Yavuzwe kandi mu rukundo n’abandi bagore barimo Genevieve Nnaji, Chidinma Ekile na Onyinye Onungwa.
Uyu mugabo yamenyekanye binyuze mu ndirimbo nka Ada Ada, Ololufe, Shake, Sexy Rosey n’izindi.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!