Umunyamakuru Ernesto Ugeziwe na Cedru wamamaye mu gutunganya indirimbo z’abahanzi batandukanye, kuri ubu bakaba basigaye batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, binjiye mu bushabitsi bwo gutegura ibitaramo.
Ernesto na Cedru bari mu bafite amazina akomeye mu myidagaduro y’u Rwanda, mu minsi ishize bafunguye Sosiyete ‘Afro Hub’ imaze iminsi itegura ibitaramo bikomeye muri Diaspora ya Amerika.
Ni abashoramari baherutse gutumira Christopher mu gitaramo yakoreye muri Arizona ndetse n’icya DJ Toxxyk nacyo cyitabiriwe n’umubare munini w’abakunzi b’umuziki.
Mu kiganiro na IGIHE, Ernesto uri mu batangije igitekerezo cy’iyi sosiyete yavuze ko bakigize mu rwego rwo gufasha abahanzi by’umwihariko abifuza gusura Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ati “Nkigera inaha nagize igitekerezo cy’uko najya mfasha abahanzi baza muri Amerika n’iyo bitaba ibitaramo, nyuma naje kukigeza kuri Cedru wari inshuti yanjye dusanga ari ibintu twakora.”
Kuva icyo gihe Ernesto na Cedru bahise bashinga Sosiyete bise ‘Afro Hub’ yatangiranye n’ibikorwa byo gutegura ibitaramo.
Mu bitaramo batangiriyeho, harimo ibyo DJ Toxxyk na Christopher baheruka gukorera muri Arizona ndetse kuri ubu bakaba bari gutegura icyo kuramya no guhimbaza Imana giteganyijwe ku wa 30 Ukuboza 2023, harimo Adrien Misigaro, Patient Bizimana, Serge Iyamuremye, Aime Frank, Tumaini Byinshi na John B. Singleton.
Byitezwe ko iki gitaramo kizayoborwa na Jay Rwanda, umunyamideli uherutse kwakira agakiza.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!