IGIHE

Bruce Melodie na The Ben binjiye mu bitaramo ’Summer Country Tour’ bahigana ubutwari (Amafoto na video)

0 6-06-2026 - saa 09:56, Nsengiyumva Emmy

Bruce Melodie na The Ben bahuriye mu kiganiro n’abanyamakuru cyari cyanitabiriwe n’abafana babo, batangira guhigana ubutwari mbere yo gutangira ibitaramo byiswe ‘Summer Country Tour’.

Ikiganiro n’abanyamakuru cyahuje aba bahanzi, cyabereye muri Camp Kigali mu ijoro ryo ku wa 5 Kamena 2026, kiyoborwa na Jado Castar.

Uretse abanyamakuru n’abafana cyari cyanatumiwemo abandi bahanzi, barimo Danny Vumbi, Niyo Bosco, RunUp, Diez Dola na Jose Chameleone.

Ubwo Jado Castar wari uyoboye iki kiganiro yabazaga Bruce Melodie na The Ben icyo abakunzi babo bakwitega muri ibi bitaramo bagiye guhuriramo, The Ben yagize ati “Nibaza ko mu Ntara tugiye guca impaka cyane.”

Bruce Melodie we yirinze guha ubutumwa bwe abafana ahubwo abuha uyu muhanzi bari bicaranye, ati “Njye ntabwo ndi bubwire abafana, ndabwira The Ben. Ntabwo ndi agafu k’imvugwarimwe!”

The Ben yakomeje avuga ko ibi bitaramo bishimangira ko abahanzi bakwiye gushyira hamwe.

Ati “Amateka yanjye na Bruce Melodie havuzwe byinshi cyane byasaga nk’ibidutandukanya kurusha kuduhuza, ariko icyo twifuza gutangaho urugero kuri barumuna bacu ni uko kimwe mu byo twubakiyeho nk’igihugu ni ubumwe.”

“Nibaza ko igihe kigeze kugira ngo nubwo buri wese yiyumva nkukomeye kurusha undi ariko tujye dushyira hamwe turebe ikintu kiduhuza kuko erega ikiduhangayikishije twese ni uko umuziki wacu wakwambuka imipaka.”

Bruce Melodie yasabye ko abantu bakwirinda guseserezanya no gukomeretsanya ndetse anibutsa The Ben ko nubwo ari yiyita “Igisamagwe” nawe ari Igitangaza.

Ati “Icya mbere, ubwo dufite umutekano tukaba turi kugenda neza mu iterambere ni iki cyatubuza kwidagadura? Umuziki ni imyidagaduro nabonye abo mu mupira w’amaguru barabimenyereye, hari abishwe n’agahinda [...] bibaho. Mureke twidagadure ariko tudaseserezanya tudakomeretsanya. Ku rundi ruhande ariko nubwo The Ben ari Tiger ariko nanjye ndi Igitangaza.”

Byitezwe ko Bruce Melodie, The Ben, Kitoko na Bwiza n’abandi bahanzi bazagendana muri ibi bitaramo bazabitangirira mu Karere ka Musanze ku wa 13 Kamena 2026, bikomereze mu Karere ka Nyagatare ku wa 20 Kamena 2026, mu Bugesera ku wa 27 Kamena 2026 hanyuma bizasorezwa mu Karere ka Rubavu ku wa 4 Nyakanga 2026.

Abakobwa bo mu 'Indatwa protocol and service agency' nibo bafashaga abitabiriye iki gikorwa
Burikantu na Buringuni bari bitabiriye iki gikorwa cyo gutangiza ’Summer Country Tour’
SKY2 wari ufunze mu minsi ishize akarekurwa by'agateganyo, yashimiye Imana yamushoboje kuba akurikira iki gikorwa
Niyo Bosco nawe ni umwe mu bahanzi bitabye ubutumire bwa Bruce Melodie
Umuhanzi Benno View yari yitabiriye iki gikorwa yitwaje isake yo gukura ubwatsi kuri The Ben wamuhaye umwanya ku rubyiniro rwa The New Year Groove
Umuyobozi wa 1:55AM Ltd, Kenny Mugarura niwe wahaye ikaze abitabiriye iki gikorwa
Abafana ba Bruce Melodie bari babukereye
Bwiza akihagera yabanje gusuhuza abitabiriye iki gikorwa mbere y'uko ajya kwicara mu mwanya we
Bwiza yari kumwe na Producer Loader (ibumoso)
Producer Nizbeats yari yitabiriye iki gikorwa
Sean Brizzy ni umwe mu bahanzi bitabiriye iki gikorwa
Ubwo Bruce Melodie yari ahingutse muri Camp Kigali
Bruce Melodie yageze ahabereye iki gikorwa agaragaza akanyamuneza mu maso
Akanyamuneza kari kose ku maso ya Bruce Melodie
Mighty Popo ubwo yaramukanyaga na Jose Chameleone
Bruce Melodie yabanje guha ikaze abakunzi be cyane ko ibi bitaramo ari ibye
The Ben akigera ahabereye iki gikorwa yabanje kuramutsa abakunzi be
Diez Dola (hagati) ni umwe mu bahanzi bitabiriye ubutumire bwa Bruce Melodie
Jose Chameleone yari yatumiwe muri iki gikorwa
Jado Kabanda usanzwe akorana bya hafi na Bruce Melodie yakurikiranye iki gikorwa ari kumwe na Uncle Austin
Kenny Mugarura (uwa kabiri iburyo) ureberera inyungu za Bruce Melodie
Abanyamakuru bari bitabiriye iki gikorwa
Rugangura Axel, Babou na RunUp bicaye bumva imigabo n'imigambi y'aba bahanzi
Danny Vumbi n'umugore we bari bitabiriye ubutumire bwa Bruce Melodie
The Ben yijeje abakunzi be ko mu bitaramo ’Summer Country Tour’ azaca impaka
Tidjala Kabendera yavuze ko ashyigikiye aba bahanzi bose kandi abizeza kuzitabira ibitaramo byabo
Nubwo kitari igitaramo ariko ubwitabire bwari hejuru
Jose Chameleone yasabye The Ben na Bruce Melodie gukorana indirimbo
Jado Castar wayoboye iki kiganiro yasoje afatana ifoto n'aba bahanzi

Amafoto: Kasiro Claude

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza