IGIHE

Bruce Melodie, Gisa cy’Inganzo na Bruce The 1st mu bakoze mu nganzo… Indirimbo za Weekend

0 8-08-2026 - saa 11:57, Nsengiyumva Emmy

Icyumweru kirarangiye, abakunzi b’umuziki binjiranye mu minsi y’ibiruhuko inyota yo kumva umuziki mushya kandi ubafasha kuruhuka neza nyuma y’iminsi bari bamaze mu kazi kenshi.

Mu rwego rwo kubafasha kuryoherwa n’umuziki IGIHE ibakusanyiriza nyinshi mu ndirimbo nshya zasohotse mu cyumweru turangije.

Pretty girl-Chico Berry Ft Shemi&Kpee

Chico Berry usanzwe ari umuhanga mu gutunganya amashusho y’indirimbo, yatangiye gusohora ize agiye kujya ahuriramo n’abahanzi banyuranye.

Ku ikubitiro akaba yahise asohora indirimbo yise ‘Pretty girl’ yakoranye n’abarimo Shemi na Kpee.

Hamwe natwe- Bruce Melodie

Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie yongeye gukora mu nganzo ashishikariza abakiri bato gukura amaboko mu mifuka no gukoresha neza impano zabo kuko ari bwo buryo bwo kugera ku iterambere no gukabya inzozi.

Uyu muhanzi yabiherukaga mu ndirimbo yise ‘Munyakazi’, kuri ubu yashyize hanze iyo yise ‘Hamwe Natwe’ aho aba yibutsa urubyiruko ko rudakwiye gutegereza ngo amahirwe yizane.

Ubuzima- OG2Tone

Umuraperi OG2Tone uri mu bamaze iminsi bagezweho mu Rwanda yatangiye gusohora amashusho y’indirimbo zigize EP ye nshya yise ‘Umunyabigwi4’.

Uyu muhanzi yatangiye gusohora amashusho y’izi ndirimbo ahereye ku yitwa ‘Ubuzima’.

Irakwibutse-Gisa cy’Inganzo

Gisa cy’Inganzo yasohoye indirimbo nshya yise ‘Irakwibutse’.

Muri iyi ndirimbo uyu muhanzi aba ashimira Imana yamukuye mu bihe bibi bitamugizeho ingaruka ubu ikaba inakomeje kumurinda mu gihe cyo kwiyubaka.

Ndabyanga- Ye Fanta

Ye Fanta, umuhanga mu gutunganya indirimbo z’abahanzi akaba anafite impano idasanzwe mu gukora indirimbo ziganjemo ubutumwa bw’ibintu biriho muri iyo minsi.

Muri iyi minsi uyu muhanzi yongeye gukora mu nganzo asohora indirimbo nshya yise ‘Ndabyanga’.

Mugemanyi- White Monkey

Umuraperi White Monkey wari umaze iminsi asa nucecetse mu muziki w’u Rwanda, yasohoye album ye nshya yise ‘Mugemanyi’.

Iyi album y’indirimbo igizwe n’indirimbo icumi yakozwe ku bufatanye na Green Ferry.

Yari wowe- Adrien Misigaro

Adrien Misigaro utegerejwe mu bitaramo azahuriramo na Richard Nick Ngendahayo muri Australie, yasohoye indirimbo nshya yise ‘Yari wowe’.

Ni indirimbo nshya uyu muhanzi yasohoye nyuma y’amezi ane abakunzi be bamutegerejeho igihangano gishya.

Nakwica- Beatkiller

Umuraperi BeatKiller uri mu bakunzwe n’abatari bake bihebeye iyi njyana, akaba afite umwihariko wo gusohora ibihangano byinshi aho nta cyumweru cy’ubusa nta ndirimbo nshya yongeye gusohora indirimbo nshya yise ‘Nakwica’.

Riske- Bruce The 1st

Bruce The 1st uri mu baraperi bagezweho by’umwihariko mu rubyiruko, yongeye gukora mu nganzo asohora indirimbo nshya yise ‘Riske’.

Daily- Da Rest

Umuhanzi Da Rest uherutse no gukora ubukwe yakoze mu nganzo asohora indirimbo nshya yise ‘Daily’ mu rwego rwo guha ibyishimo abakunzi be bari bamaze igihe bamuhanze amaso.

Indirimbo zo hanze

Subira -Otile Brown

CLAAT!-Fireboy DMLFt Masicka

Tea-Rema

Eno Easy-Sarkodie Ft DopeNation

Just us tonight- $TARFACE Ft Tyga

Buku Jero-Mbosso

Stress Killer - Sheebah

That girl-Darkoo Ft Asake

No misery-Future

Jamais-Joé Dwèt Filé

Nightmares -Meek Mill

Zizi-Ozuna Ft Omar Courtz

Ntakupenda- Kidum Ft Esther Nish

Somebody-Nandy Ft Marioo

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza