IGIHE

Bahavu yikuye mu bihembo bya ‘Inganji Awards’

0 15-01-2025 - saa 09:56, Nsengiyumva Emmy

Bahavu Jeannette uri mu bakinnyi ba sinema bagezweho mu Rwanda yikuye mu bihembo bya ‘Inganji Awards’, nyuma y’iminsi mike atangajwe ku rutonde rw’ababihatanira.

Mu itangazo yageneye abamukurikira binyuze ku mujyanama we, Bahavu Jeannette yavuze ko yahisemo kwikura muri ibi bihembo nyuma y’uko atoranyijwe mu babihatanira nyamara atabizi.

Ati “Njye nk’umujyanama we, ndashaka kubishyiraho umucyo. Nta muntu n’umwe wigeze atwegera ngo atumenyesha ko duhataniye ibi bihembo mu buryo buzwi cyangwa ngo tumenye icyo ibi bihembo bigenderaho. Kubera izo mpamvu rero twafashe umwanzuro wo kutabihatanamo.”

Ibi bihembo bigiye gutangwa ku nshuro ya kabiri bitegurwa na ‘Rwanda Performing Art Federation’.

Iyo uraranganyije amaso mu mitegurire y’ibi bihembo bigiye gutangwa bwa kabiri, birakorohera kubona ko ababitegura hari utuntu tumwe na tumwe batarashyira ku murongo, birimo no kutamenyesha abahatanye bikagira ingaruka nk’izi z’abikuramo.

Bahavu Jeannette wabyikuyemo ni umwe mu bakinnyi ba sinema bafite izina rikomeye mu Rwanda, akaba yaramamaye muri filime nka ‘Citymaid’, ‘Impanga’ ye bwite ndetse n’izindi nyinshi.

Bahavu yikuye mu bihembo bya ‘Inganji Awards’
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza