IGIHE

Bahavu Jeannette yagiye kwizihiriza i Dar Es Salam isabukuru y’imyaka itatu ishize arushinze (Amafoto)

0 1-03-2024 - saa 11:24, Nsengiyumva Emmy

Kuva ku wa Mbere tariki 26 Gashyantare 2024, Bahavu Jeannette uri mu bakinnyi ba sinema bakomeye mu Rwanda ari kubarizwa mu Mujyi wa Dar Es Salam, aho yagiye kwizihiriza imyaka itatu ishize arushinze.

Uyu mugore uri kumwe n’umugabo we ndetse n’imfura yabo, ari kwizihiza imyaka itatu ishize arushinze.

Aganira na IGIHE yavuze ko “Turi inaha kwizihiza imyaka itatu ishize turushinze, ni ikiruhuko cy’icyumweru twafashe hanyuma tukagaruka i Kigali mu kazi.”

Usanase Bahavu Jeannette na Ndayirukiye Fleury barushinze muri Gashyantare 2021, nyuma y’imyaka itanu yari ishize bakundana n’itandatu yari ishize bamenyanye bwa mbere.

Bahavu wamamaye muri sinema nyarwanda ubwo yakinaga muri Citymaid nka Diane, yaje kuyivamo atangira gutunganya iye bwite yise ‘Impanga’.

Uretse iyi filime yakoze igakundwa bikomeye, sosiyete ya BahAfrica yashinze itunganya izindi filime zigezweho ku isoko rya sinema mu Rwanda nka Bad choice, Ikinyoma, Bad neighbor n’izindi zakunzwe cyane.

Ndayirukiye Fleury n'imfura ye barya umunyenga mu nyanja y'Abahinde
Bahavu Jeannette n'imfura ye ku nyanja y'Abahinde muri Tanzanie
Bahavu Jeannette n'umugabo we bari kwizihiza imyaka itatu ishize barushinze
Bahavu Jeannette n'imfura ye bari kurya ubuzima i Dar Es Salam
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza