IGIHE

Abanyamahanga baturutse muri RDC bakumiriwe muri Canada

0 20-07-2026 - saa 15:41, IGIHE

Canada igiye gukumira by’agateganyo abanyamahanga baherutse kujya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, DR Congo, kuyinjiramo, mu buryo bwo kwirinda Ebola ikomeje guca ibintu muri iki gihugu.

Iki cyemezo kiraza gutangira kubahirizwa ku wa 20 Nyakanga 2026 Saa 23:59, kandi kireba abanyamahanga bageze muri RDC mu iminsi 21 nk’uko Ikigo cya Canada gishinzwe Ubuzima Rusange, PHAC, cyabitangaje ku Cyumweru. Ibigo by’indege byategetswe kubuza abo bagenzi kwinjira mu ndege zerekeza muri Canada.

Abaturage ba Canada n’abafite uburenganzira bwo gutura muri icyo gihugu burundu, bazaba baturutse muri DRC, Uganda cyangwa Sudani y’Epfo, bazakomeza kwemererwa kwinjira ariko babanze gusuzumwa kandi bashyirwe mu kato k’iminsi 21

Muri Gicurasi, Canada yari yabanje guhagarika ibyangombwa by’abinjira mu gihugu ku baturage bo muri ibyo bihugu bitatu, nyuma y’uko muri DRC na Uganda hatangajwe Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo.

PHAC yavuze ko izi ngamba zizakomeza kubahirizwa kugeza ku wa 29 Kanama. Yatangaje ko ibyago by’uko iyi ndwara yagera ku Banya-Canada biri hasi, kandi ko nta muntu wayanduriye wari wagaragara muri icyo gihugu.

Iki kigo cyavuze ko iki cyemezo kigamije kongera imikorere myiza no gutuma ingamba zashyizwe ku mipaka zubahirizwa mu buryo burambye, kugira ngo abagenzi bagera muri Canada bakirwe mu buryo butekanye, barimo n’abakozi b’iki gihugu bakora mu by’ubutabazi.

Icyakora, mu kwezi gushize Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryagaragaje ko bene izi ngamba zishobora kongera ivangura n’akato bikorerwa abantu bakomoka mu turere twibasiwe n’iki cyorezo ndetse n’Abanyafurika, rishimangira ko kwandura Ebola “bidashingira ku bwenegihugu cyangwa ubwoko bw’umuntu.”

Mu itangazo OMS yagize iti “Akato gatuma abantu batinya kujya kwivuza kandi gashobora gutuma kugenzura ibyorezo birushaho kugorana.”

Leta Zunze Ubumwe za Amerika na zo zabujije abaturage bazo bavuye muri DRC guhita basubira muri icyo gihugu, zibasaba kubanza kumara iminsi 21 mu kindi gihugu, mu rwego rw’ingamba zigamije gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo.

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko kugeza ku wa 18 Nyakanga 2026, byemejwe ko abantu 2344 banduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo barimo 930 bapfuye.

Mu masaha 24 gusa, habonetse abantu bashya 77 banduye iki cyorezo, haboneka 37 bapfuye. Ibi bigaragaza ko iki cyorezo gikomeje kurusha imbaraga abari mu bikorwa byo guhangana na cyo.

Intara ya Inturi ni yo ikigaragaramo abantu benshi banduye Ebola ya Bundibugyo, aho yageze mu turere tw’ubuvuzi 27 muri 36 tuyigize, Kivu y’Amajyaruguru ikurikiraho; ikaba imaze kugera mu turere 11 muri 34 tuyigize.

Abanyamahanga baturutse muri RDC bakumiriwe muri Canada
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza