IGIHE

Abana bo muri ‘Moriox Kids’ bataramiye abarenga ibihumbi 30 muri Kyrgyzstan

0 9-09-2026 - saa 10:11, Nsengiyumva Emmy

Abana bagize itsinda rya ‘Moriox Kids’ bataramiye abarenga ibihumbi 30 bari bakoraniye mu Mujyi wa Osh muri Kyrgyzstan, mu gitaramo cyashyize akadomo ku rugendo bari bamazemo iminsi muri iki gihugu.

Ni igitaramo aba bana bahuriyemo n’umuhanzi ukomeye muri iki gihugu, Gulnaz Chynybek Kyzy mu ijoro ryo ku wa 8 Nzeri 2026.

Iki gitaramo cyatewe inkunga n’Umuyobozi w’Umujyi wa Osh, cyitabiriwe n’abarenga ibihumbi 30.

Uretse Gulnaz Chynybek Kyzy, abana bo muri Moriox Kids bataramanye na Chris Hat, banajyanye mu bitaramo bamazemo iminsi muri Kyrgyzstan.

Iki gitaramo cyakurikiye icyo iri tsinda ryakoreye i Bishkek, Umurwa Mukuru wa Kyrgyzstan, ku wa 6 Nzeri 2026, ubwo hasozwaga irushanwa rya ‘World Nomad Games’.

Mu kiganiro na Muhoza Shema Blaise uyobora abana bo muri Moriox Kids, yavuze ko banyuzwe n’uko urugendo rwabo rwagenze, kuko nta gishimisha nko gutaramira abakunzi b’umuziki bashya, ariko noneho bakaba baritabiriye ari benshi.

Ati “Urebye amashusho y’igitaramo, wabona ko twavuye ku rubyiniro batabishaka. Nta kintu kiryoha nko gutaramira abafana bashya, ariko noneho banitabiriye ku bwinshi kandi ubona ko bagushyigikiye.”

Shema yavuze ko nyuma y’iki gitaramo bakoreye mu Mujyi wa Osh, abana bo muri Moriox Kids bagiye gutangira gutegura urugendo rwo gutaha i Kigali.

Ubwitabire bwari hejuru mu gitaramo abana bo muri Moriox Kids bakoreye muri Kyrgyzstan
Mbere yo kuva ku rubyiniro aba bana bashimiye abitabiriye iki gitaramo
Abana bo muri Moriox Kids bavuye ku rubyiniro abakunzi b'umuziki batabishaka
Iki gitaramo abana bo muri Moriox Kids bagihuriyemo na Gulnaz Chynybek Kyzy uri mu bahanzi bakomeye muri Kyrgyzstan
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza