Imikino ya nyuma yabaye ku Cyumweru, tariki ya 5 Werurwe 2023, yasize amakipe ya Polisi y’Igihugu akina Icyiciro cya Mbere muri Volleyball, Forefront VC mu bagabo n’abagore, yegukanye irushanwa ngarukamwaka ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wabaye Umuyobozi wa Groupe Scolaire Officiel de Butare (Indatwa n’Inkesha).
Iri rushanwa rya “Memorial Kayumba 2023” ryabaga ku nshuro ya 13, ryatangiye ku wa Gatandatu hakinwa imikino y’amatsinda mu byiciro bitanu birimo abagabo n’abagore bakina Icyiciro cya Mbere muri Volleyball, amakipe y’abagabo akina Icyiciro cya Kabiri, ay’icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye n’ay’abakanyujijeho.
Ntiryagaragayemo APR VC y’abagabo yaherukaga kuritwara mu 2022 ndetse na bashiki babo bari bakinnye umukino wa nyuma icyo gihe.
Ku mukino wa nyuma w’abagabo, REG VC yaherukaga kwegukana iri rushanwa mu 2020 ndetse ikaba yari yawukinnye umwaka ushize, yatsinzwe na Forefront amaseti 3-1.
Ikipe ya Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu yatsinze iseti ya mbere ku manota 26-24, ariko itsindwa eshatu zakurikiyeho kuri 22-25, 22-25 na 19-25.
Mu bagore, RRA VC yashakaga kwegukana iri rushanwa ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, na yo yatunguwe na Forefront mu mukino wamaze amasaha abiri n’iminota 40, itsindwa amaseti 3-2 (23-25, 26-24, 15-25, 25-13, 14-16).
Mu makipe y’abagabo akina Icyiciro cya Kabiri, igikombe cyegukanywe na Groupe Scolaire Saint-Joseph yatsinze Nyanza TSS amaseti 3-2 naho muri barumuna babo, cyatwawe na GS Mugombwa yatsinze Petit Séminaire Virgo Fidelis amaseti 3-2.
Umucyo ni yo yatwaye iri rushanwa mu bakanyujijeho, na yo yatsinze Tout Age amaseti 3-2.
Meya w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, ni umwe mu bakurikiranye imikino ya nyuma y’iri rushanwa yabereye mu Ishuri ry’Indatwa n’Inkesha aho yibukije ubutumwa Padiri Kayumba yakundaga kubwira abanyeshuri bugira buti “Kuba umuhanga mu cyiza, ukaba umuswa mu kibi.”
Padiri Kayumba Emmanuel wabaye Umuyobozi w’Ishuri ry’Indatwa n’Inkesha, yitabye Imana mu 2009. Kuva mu 2010 hatangijwe irushanwa rya Volleyball rigamije kumwibuka kuko na we yari umukunzi ukomeye w’uyu mukino.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!