IGIHE

KIPM 2026: Yashatse kubeshya ko yabaye uwa kabiri aravumburwa (Amafoto)

0 14-06-2026 - saa 16:50, Eric Tony Ukurikiyimfura

Kuva ku gushyiraho uduhigo two gukoresha ibihe bito no kuba iminsi ibiri, bitandukanye n’uko byari bisanzwe bigenda, Kigali International Marathon ya 2026 irimo indi nkuru abenshi bazajya baganiraho, aho umwe mu bitabiriye mu cyiciro cya Full Marathon yashatse kubeshya ko yabaye uwa kabiri, avumburwa akigera ku murongo.

Iri rushanwa mpuzamahanga ryo gusiganwa ku maguru ribera i Kigali ndetse ryitiriwe amahoro, ryabaga ku nshuro ya 21 kuva mu 2005, kuri iki Cyumweru, tariki ya 14 Kamena 2026.

Bitandukanye n’uko byagenze mu myaka 20 ishize, aho ibyiciro byose byakiniraga umunsi umwe, kuri iyi nshuro KIPM yabaye iminsi ibiri: Ku wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena habaye ‘Run for Peace’ y’abakora ibilometero 10 batarushanwa mu gihe kuri iki Cyumweru hakinwe Full Marathon y’ibilometero 42 ndetse na Half Marathon y’ibilometero 21.

Ni irushanwa ryasize amateka mashya kuko Kephar Lumbasi Namutala mu bagabo na Ivyne Jeruto mu bagore, bombi bakomoka muri Kenya, bashyizeho uduhigo two gukoresha ibihe bito mu mateka ya KIPM mu cyiciro cya Full Marathon.

Lumbasi Namutala yegukanye Kigali International Peace Marathon ya 2026 mu bagabo, akoresheje amasaha abiri, iminota 14 n’amasegonda 19 mu gihe Ivyne Jeruto yakoresheje amasaha abiri, iminota 35 n’amasegonda 35.

Kuba Abanya-Kenya batwara imidali itatu ya Zahabu muri ine itangwa mu byiciro bine biri muri Full Marathon na Half Marathon bya KIPM si inkuru, ahubwo icyagarutsweho cyane ni uko kuri iki Cyumweru, Abanyarwandakazi bihariye imidali yose yatanzwe muri Half Marathon y’abagore.

Ibishatse Angélique yegukanye umudali wa Zahabu akoresheje isaha imwe, iminota 13 n’amasegonda 30 ku ntera y’ibilometero 21, akurikirwa na Mutuyimana Berthilde yasize amasegonda 24 na Tuyambaze Thabita yasize amasegonda 37. Mu 2025, Abanyarwandakazi bari bihariye imyanya ibiri ya mbere muri iki cyiciro, uwa gatatu aba Umunya-Kenya.

Si ibyo gusa byaranze isiganwa kuko ubwo icyiciro cya Full Marathon y’abagabo cyasozaga, benshi batunguwe no kubona mu basoje imbere harimo Umunyarwanda ndetse akaba yabaye uwa kabiri, atambuka ku murongo akurikiye Kephar Lumbasi Namutala.

Uwo ni Shyaka Olivier watambutse afite icyizere cyinshi, akigera ku murongo na we ahita agwa nk’unaniwe, dore ko abakinnyi benshi basoza isiganwa basigaranye imbaraga nke, bagahita bitabwaho n’abaganga.

Shyaka na we ni uko byagenze, abaganga bahita bamuramira ndetse asuhuzanya na Lumbasi Namutala wari wamutanze kwambuka umurongo usorezwaho imbere ya Stade Amahoro.

Gusa ntibyatinze kuko ku rubuga rwa internet rwerekanirwagaho uburyo abakinnyi bahagaze mu isiganwa n’ibihe basoje bafite, izina Shyaka Olivier ryahise rikurwa ku mwanya wa kabiri rirabura, ahubwo Shadrack Kimining wagaragazwaga nk’uwa gatatu, aba ari we uba uwa kabiri.

Abategura Kigali International Peace Marathon babwiye IGIHE ko bahise babona ko Shyaka Olivier yashatse kubeshya kuko ‘système’ bakoreshaga bagenzura uko abakinnyi bahagaze mu isiganwa, yagaragaje ko atigeze anyura ku kilometero cya 20 nubwo ibyabanje yabikoze.

Inzira yakoreshejwe kuri iki Cyumweru mu cyiciro cya Full Marathon, yarimo kuzenguruka intera imwe inshuro ebyiri, aho bishoboka ko ari ho yaviriyemo nyuma akaza kongera gusubira mu muhanda ajya gusoza, nka bimwe bivugwa ko Ruvubi Jean Baptiste yakoze mu 2015 ubwo yabaga uwa kabiri muri iki cyiciro.

Nyuma yo gutahurwa, Shyaka yasabwe kuvugisha ukuri cyangwa agakurikiranwa, birangira yemeye ko atanyuze mu nzira yose y’isiganwa uko yari iteganyijwe. Byarangiye akuwe mu basoje isiganwa nubwo yari agiye gutahana umudali wa Feza n’igihembo cy’ibihumbi 15$ [miliyoni 22 Frw].

Kephar Lumbasi Namutala yegukanye Full Marathon mu bagabo
Nyuma y'igihe gito, Kephar Lumbasi Namutala ageze ku murongo, Shyaka Olivier na we yahise aza gutsinda
Shyaka Olivier yabaye umukinnyi wa kabiri watambutse ku murongo mu isiganwa ryo kuri iki Cyumweru
Uyu mukinnyi w'Umunyarwanda yageze ku murongo na we agaragaza ko ananiwe cyane ndetse yagowe n'isiganwa
Shyaka Oliver ashimira Kephar Lumbasi Namutala wamutanze gusoza isiganwa!
Shyaka Olivier (ibumoso) yahise avumburwa akurwa mu bakinnyi babariwe ibihe
Shadrack Kimining wari wabanje kugaragazwa nk'umukinnyi wa gatatu, ni we wegukanye umwanya wa kabiri
Inzira yakoreshejwe muri Kigali International Peace Marathon ya 2026

Amafoto: Umwari Sandrine

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza