IGIHE

Handball: U Rwanda rwageze muri ¼ cy’Igikombe cya Afurika cya U-20

0 9-09-2026 - saa 08:33, Eric Tony Ukurikiyimfura

Ikipe y’Igihugu y’Ingimbi zitarengeje imyaka 20 yabonye itike ya ¼ mu Gikombe cya Afurika cya Handball kiri kubera muri Côte d’Ivoire, nyuma yo gutsinda Zimbabwe ibitego 32-16.

Uyu mukino usoza iyo mu Itsinda A wabereye muri Salle Polyvalente ya Abidjan ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki ya 8 Nzeri 2026.

U Rwanda rwasabwaga gutsinda uyu mukino nyuma yo gutsindwa na Guinea ibitego 36-20 mu mukino ufungura no gutsinda Cote d’Ivoire ibitego 30-25 mu mukino wa kabiri.

Abasore b’umutoza Hafedh Zouabi babyitwayemo neza muri uyu mukino, begukana intsinzi bari bakeneye ku bitego 32-16 ndetse igice cya mbere cyari cyarangiye harimo ikinyuranyo cy’ibitego 13 (18-5).

Gutsinda uyu mukino byatumye u Rwanda ruzamuka ari urwa kabiri mu Itsinda A n’amanota ane, inyuma ya Guinea yagize amanota atandatu itsinze Côte d’Ivoire ibitego 32-14.

Mu mukino wa ¼ uteganyijwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 9 Nzeri 2026, u Rwanda rurisobanura na Angola guhera Saa Munani z’amanywa ku isaha y’i Kigali.

Ni ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwitabiriye iri rushanwa rihuza ingimbi mu Gikombe cya Afurika, aho ubwa mbere ari mu 2022 ubwo rwari rwaryakiriye i Kigali rukaba urwa munani mu gihe mu 2024 rwabaye urwa gatandatu ryabereye muri Tunisia.

Ikipe y'u Rwanda yageze muri ¼ cy’Igikombe cya Afurika cy'Abatarengeje imyaka 20 nyuma yo kubona intsinzi ya kabiri
Umukino wahuje Zimbabwe n'u Rwanda ni wo wasozaga iyo mu Itsinda A ry'iri rushanwa riri kubera i Abidjan
U Rwanda rwasabwaga gutsinda kugira ngo rwizere kurenga itsinda
Umutoza w'u Rwanda, Hafedh Zouabi, yitegereza uko abakinnyi be bari kwitwara mu kibuga
Ikipe y'u Rwanda yari ishyigikiwe
U Rwanda rwageze muri 1/4 aho rwisobanura na Angola kuri uyu wa Gatatu
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza