IGIHE

Aquatics Academy yo muri Uganda yegukanye irushanwa ryahurije amakipe 16 i Kigali

0 9-06-2026 - saa 00:08, IGIHE

Ikipe ya Aquatics Academy Kampala yo muri Uganda yegukanye Irushanwa ryo Koga rya “Mako Sharks Summer Invitation Swimming Championship” ritegurwa n’iyi kipe yo mu Rwanda, aho ryabaye ku nshuro yaryo ya gatanu.

Ni irushanwa ryabaye mu mpera z’icyumweru gishize; ku wa Gatandatu no ku Cyumweru, muri piscine ya Green Hills Academy.

Ryitabiriwe n’amakipe 10 yo muri Uganda mu gihe ayo mu Rwanda yitabiriye yari atandatu gusa.

Aquatics Academy Kampala yaryegukanye nyuma yo kugira amanota 2743,5 ku mwanya wa mbere, ikurikiwe na Mako Sharks Swim Club yo mu Rwanda yagize amanota 2001,5 mu gihe ku mwanya wa gatatu hasoreje Tumaini Aquatics yo muri Uganda n’amanota 1710.

Andi makipe yari yitabiriye ni Cercle Sportif Karongi Academy, Jaguar Swim Club, Kigali Sporting Club, Otters Swim Club Uganda, Friends Of Water Swim Club na Hertz Swim Club.

Hari kandi Makerere University Sharks, Blue Whales Aquatic Venture, Whales Swim Academy Entebbe, Les Dolphins Swim Club, Vision Jeunesse Nouvelle, Synergy Swim Club na Cercle Sportif de Kigali.

Umuyobozi wa Mako Sharks SC, Bazatsinda James, yishimiye uko irushanwa ry’uyu mwaka ryagenze, avuga ko ari ubwa mbere bagize ubwitabire buri hejuru.

Ati “Ni bwo bwa mbere twakiriye abakinnyi benshi mu irushanwa ryo koga aho dufite abakinnyi 303. Ku ruhande rwacu twabonye ibyo twifuzaga kugeraho byose twabigezeho.”

Yakomeje agira ati “Twabonye irushanwa rifasha cyane abakinnyi, by’umwihariko abakiri bato. Harimo gukura cyane, biragaragarira mu mibare.”

Bazatsinda yavuze kandi ko nk’abayobozi b’amakipe yo mu Rwanda baganira hagati yabo ku buryo barushaho gutegura amarushanwa nk’aya hatabayeho ko bategereza Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga (RAF).

Aquatics Academy Kampala yegukanye igikombe ihigitse andi makipe 15 yari ahanganye na yo muri iri rushanwa ryabereye muri Green Hills Academy
Mako Sharks Summer Invitation Swimming Championship y'uyu mwaka yatwawe na Aquatics Academy Kampala
Bazatsinda James uyobora Ikipe ya Mako Sharks itegura iri rushanwa, yavuze ko ari ubwa mbageze bageze umubare munini w'abakinnyi baryitabira
Tumaini Aquatics yo muri Uganda yasoreje ku mwanya wa gatatu
Iri rushanwa ryabaye ku nshuro ya gatanu, ryahurije hamwe amakipe 16 yo mu Rwanda no muri Uganda
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza