Ikipe ya Vision FC na sosiyete ikora ibijyanye n’imikino y’amahirwe “Winner Rwanda”, byatangaje ko byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye avuguruye, bikomeza ubufatanye bwabyo n’icyerekezo gishya ku mpande zombi.
Aya masezerano ashimangira umwanya wa Winner Rwanda nk’umuterankunga mukuru w’iyi kipe, aho ikirango cya "Winner" kizakomeza kugaragara imbere ku myenda ya Vision FC mu mwaka w’imikino wa 2025/26.
Ubu bufatanye buvuguruye buje mu gihe cy’ingenzi kuri Vision FC, aho ifite intego yo kwegukana igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri no gusubira muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere (Rwanda Premier League) mu mwaka w’imikino utaha.
Inkunga y’ubushobozi ituruka kuri Winner Rwanda izagira uruhare rukomeye mu kugera kuri izi ntego, aho iyi sosiyete itanga ibikoresho bikenewe mu gufasha abakinnyi mu myitozo no gushyigikira iterambere ryabo.
Umuyobozi Mukuru wa Winner Rwanda, Shaul Haztir, yagize ati “Twishimiye cyane gukomeza ubufatanye na Vision FC, iyi kipe yerekana imbaraga, ubushake n’ahazaza heza.”
Yakomeje ati “Uruhare rwacu rurenze gutanga inkunga gusa; ahubwo tuzaharanira iterambere rya ruhago n’impano z’abakiri bato muri Vision FC mu bikorwa bitandukanye tuzakorana. Twiteguye kwishimira intsinzi yabo kandi twizeye urugendo rwiza muri uyu mwaka w’imikino, mu buryo bwose.”
Perezida wa Vision FC, Birungi John Bosco, yashimiye Winner Rwanda, ashimangira agaciro k’ubu bufatanye, aho yagaragaje ko inkunga yayo yabaye ingirakamaro cyane ku ikipe.
Ati “Inkunga ya Winner Rwanda ni ingenzi cyane ku cyerekezo cy’ikipe yacu. Ubu bufatanye buratwemerera gushora mu mpano n’ibikoresho bikenewe kugira ngo turushanwe ku rwego rwo hejuru. Turabashimira cyane ku cyizere bagirira ikipe yacu no mu cyerekezo cyacu. Ku bakunzi bacu, turabasezeranya ko tuzatanga byose mu kibuga kugira ngo tubahe ibyiza bakwiye.”
Ubu bufatanye ni ikimenyetso cy’ubushake sosiyete ya Winner Rwanda ifite mu guteza imbere siporo Nyarwanda.
Ibi bigo byombi byiyemeje gukorana kugira ngo bizamure umuco w’intsinzi kandi bireme ibihe bitazibagirana ku bafana.
Vision FC na Winner Rwanda byasabye abakunzi bose ba ruhago kubana na bo muri uru rugendo rwiza, aho inkunga ya buri wese ikenewe cyane kuri buri mukino kugira ngo iyi shampiyona ibe ikimenyetso cy’ibyo abantu bashobora kugeraho bari kumwe.
Bike wamenya kuri Winner Rwanda:
Winner Rwanda ni ikigo cyizewe, cyemewe na Leta, gitanga serivisi zo gutega ku mikino y’amahirwe. Bafite amaduka arenga 50 mu Rwanda hose, urubuga rwa winner.rw, na USSD *899#.
Ni ikigo cyiyemeje gutanga amahirwe meza yo gutsinda, serivisi zihuse, n’imikino ibereye buri wese.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!