IGIHE

Umupira Maradona yatsindishije igitego cy’ukuboko wagurishijwe miliyari 5 Frw

0 25-08-2026 - saa 09:09, IGIHE

Umupira Diego Maradona yatsindishije igitego cy’ukuboko, cyamamaye nka “Ukuboko kw’Imana” mu Gikombe cy’Isi cyo mu 1986, wagurishijwe muri cyamunara ku kayabo ka miliyoni 2,5 z’Amapawundi (arenga miliyari 5 Frw).

Maradona yatsinze icyo gitego ubwo yazamuraga ikiganza agakubita umupira, awuboneza mu izamu ry’umunyezamu w’u Bwongereza, Peter Shilton, mu mukino wa ¼ wahuje Argentine n’u Bwongereza, warangiye Argentine itsinze ibitego 2-1.

Nyuma y’uwo mukino, Maradona yabwiye abanyamakuru ko igitego cyari cyinjiye “gake gaturutse ku mutwe wa Maradona, ndetse gake gaturutse ku kuboko kw’Imana.”

Muri uwo mukino kandi, Maradona yatsinze ikindi gitego cyaje kwitwa “Igitego cy’ikinyejana”, nyuma yo gucenga abakinnyi batanu b’u Bwongereza mbere yo kuroba Shilton.

Nubwo uyu mupira wagurishijwe miliyoni 3,3 z’Amadolari (miliyoni 2.5 z’Amapawundi) muri cyamunara yateguwe na Heritage Auctions muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Gatandatu, byari byitezwe ko ugurwa hafi miliyoni 10 z’Amadolari (miliyari 14,6 Frw).

Mike Provenzale, umwe mu bahanga mu byerekeye cyamunara muri Heritage Auctions, yabwiye Reuters mbere y’igurishwa ati “Ni ikintu cyihariye ku Isi. Birashoboka ko ari cyo kintu gikomeye kurusha ibindi mu mateka y’umupira w’amaguru.”

Umusifuzi w’Umunya-Tunisia Ali Bin Nasser wayoboye uwo mukino wo mu 1986 ni we watwaye uwo mupira wa Adidas Azteca nyuma y’umukino, awubika imyaka irenga 30.

Mu 2023, Bin Nasser yashyize umukono ku nyandiko yemeza ko uwo ari wo mupira wonyine wakoreshejwe muri uwo mukino, ibintu byaje no kwemezwa n’abandi bashakashatsi bigenga bagenzuye ukuri kwabyo.

Mu 2022, Bin Nasser yari yaragurishije uwo mupira miliyoni 2,37 z’Amadolari (hafi miliyari 3,5 Frw). Uwawuguze yongeye kuwushyira muri cyamunara mu 2023, ariko ntiwagurwa kuko amafaranga yatanzwe atageze ku giciro ntarengwa cyari cyashyizweho.

Umwambaro Maradona yari yambaye muri uwo mukino na wo wagurishijwe muri cyamunara mu 2022, aho waguzwe miliyoni 7,1 z’Amapawundi (arenga miliyari 14 Frw).

Umupira Maradona yatsindishije igitego cy’ukuboko wagurishijwe miliyari 5 Frw muri cyamunara
Igitego Maradona yatsinze mu Gikombe cy'Isi cyo mu 1986 cyiswe icy'Ikiganza cy'Imana
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza