IGIHE

Umunya-Misiri yegukanye irushanwa Nyafurika muri ’eSports’ ryakiniwe mu Rwanda (Amafoto)

0 13-09-2026 - saa 23:28, Iradukunda Olivier

Anas Badr wo mu Misiri yegukanye irushanwa Nyafurika ry’umupira w’amaguru ukinirwa ku ikoranabuhanga rya ‘EA Sports FC 26’, nyuma yo kwandagaza mugenzi we baturuka hamwe, Toxic Joe amutsinze imikino ibiri y’ibitego 5-3 na 6-3.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 13 Nzeri 2026, ni bwo kuri BK Arena habereye imikino y’irushanwa Nyafurika nka kimwe mu bikorwa byateguwe bigendanye n’Inama yiga ku ishoramari rya siporo muri Afurika ‘SportsBiz Africa Forum 2026’.

Iri rushanwa ryari mu byiciro bibiri. Kimwe ni icy’abakinira kuri telefone ‘eFootball Mobile’, ikindi kikaba icy’abifashisha udukoresho twagenewe imikino yo ku ikoranabuhanga by’umwihariko umupira w’amaguru tuzwi nka ‘manette’, bagakina ‘EA Sports FC 26’.

Ku munsi wa nyuma hakinnye abakinnyi 16 bageze muri ⅛ cy’iri rushanwa, bahatanira kugabana ibihumbi 10$ [asaga miliyoni 14,7 Frw], yashyizweho nk’igihembo ku irushanwa.

Iki cyiciro ntabwo cyigeze kigaragaramo abakinnyi b’Abanyarwanda uko ari bane, kuko basezerewe mu mikino y’amatsinda. Abo ni Samy, Tresol na Franklin na Nyamwasa Praise uyoboye abandi mu Rwanda.

Muri ½ ni ho hari ihangana rikomeye cyane kuko abakinnyi bayoboye abandi muri Afurika, bagaragaje ubuhanga budasanzwe muri iyi mikino yo ku ikoranabuhanga.

Abo ni Moaaz Ahmed Ibrahim wagarukiye ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa mu mwaka ushize wa 2025, Zaid April waryegukanye icyo gihe, kongeraho Anas Badr na Toxic Joe bo mu Misiri bitabiriye bwa mbere.

Toxic Joe watsinze imikino ye yose yasezereye Moaaz wahabwaga amahirwe, ahura na Anas Badr watsinze Zaid wifuzaga kwisubiza irushanwa, bakina umukino wa nyuma byasabaga ko batanguranwa imikino ibiri muri itatu.

Buri wese yakoresheje ikipe yifuza kandi irimo abakinnyi ashaka, Anas yegukana umukino hakinwe ibiri gusa. Umukino wa mbere yatsinze Toxic ibitego 5-3, uwa kabiri amutsinda 6-3. Zaid April yabaye uwa gatatu, naho Moaaz Ahmed Ibrahim aba uwa kane.

Uyu yiyongereye ku Munya-Maroc, Anass Moussa, wegukanye iri rushanwa mu bakina bakoresha telefone ‘eFootball Mobile’.

Abakinnyi bahagarariye ibihugu 17 byo muri Afurika kongeraho u Buhinde bwaritumiwemo, ni bo bitabiriye.

Ibyo ni Afurika y’Epfo, Misiri, Somalia, Kenya, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Nigeria, Algeria, Tanzania, Cameroun, Uganda, Ghana, Ibirwa bya Comores, Côte d’Ivoire, Maroc, Madagascar, Nigeria n’u Rwanda.

Faruk Manzo wo muri Nigeria yaviriyemo muri 1/8
Zaid April ysezerewe muri 1/2
Misiri yari ifite abakinnyi benshi mu irushanwa
Faruk Manzo yari mu bitezwe mu irushanwa ariko yavuyemo kare
Nhaych wo muri Somali yakinnye umunsi wa nyuma
Imikino yari ifite abaseseguzi basesengura imikino imbonankubone
Anas Badr yatsinze imikino yose
Anas Badr ni umwe mu bakinnyi beza muri Afurika
Moaaz yatsindiwe muri 1/2
Toxic Joe yandagarijwe ku mukino wa nyuma
Abafana baryohewe n'umukino wa nyuma
Abakunda imikino y'ikoranabuhanga bemeye barara ijoro bayikurikiye
Aba ni bo bakinnyi bahize abandi mu bakina umupira w'amaguru bifashishije telefone
Alexis Sharangabo ni we wahembye Anas Moussa
Anass Moussa wo muri Maroc yegukanye irushanwa ku bakinira kuri telefone
Zaid April yananiwe kwisubiza irushanwa Nyafurika muri ’eSports’ rikiniwe mu Rwanda bwa kabiri
Ronny Lusigi uyobora Ishyirahamwe ry'Imikino y'Ikoranabuhanga muri Kenya yahaye igihembo Anas
Abakinnyi bo mu Misiri bashimiye mugenzi wabo Anas wegukanye irushanwa
Abakinnyi bitwaye neza mu irushanwa bagabanye agera ku bihumbi 10$

Amafoto: Umwari Sandrine

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza