IGIHE

Tony Football Excellence yatoranyije abandi bana bo kwigisha ruhago (Amafoto)

0 30-06-2024 - saa 21:06, Iradukunda Olivier

Tony Football Excellence Programme (TFEP) yahisemo abandi bana bafite impano yo gukina ruhago mu Rwanda aho mu barenga 120 baturutse bu bice bitandukanye by’igihugu bakuwemo abazakora ikipe y’abatarengeje imyaka 13, 15 na 17.

Hagiye gushira imyaka ibiri Tony Football Excellence isinyanye na Leta y’u Rwanda y’imikoranire agamije guteza imbere imikino itandukanye mu mashuri.

Kuva icyo gihe hashinzwe ishuri ryigisha ruhago rikorera mu Karere ka Musanze aho ricumbikira abana batoranyijwe mu ntara zose z’u Rwanda ngo babashe gukarishya impano zabo no kuzibyaza umusaruro.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 30 Kamena 2024, yarangije igikorwa cyo gushaka abana yari imazemo iminsi, kikaba cyabereye ku kibuga giherereye ku Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi.

Tony Football Excellence iri kugenda ihitamo abana bazakora ikipe y’abatarengeje imyaka 13, iy’abatarengeje 15, iy’abatarengeje 17 n’iyo isanganywe kugeza ubu izaba ari iy’abatarengeje 20.

Muri Nzeri 2024, nibwo aba bana bose bazasanga abandi aho bacumbika mu Karere ka Musanze ndetse bafashwe muri byose nkenerwa birimo no kwita ku masomo yabo, yaba asanzwe cyangwa aya Ruhago.

Aba bose bakomeza kwitabwaho n’abatoza babigize umwuga harimo n’abakomoka hanze y’u Rwanda nka Israel na Portugal ndetse n’abandi bakozi ba Tony Football Excellence bashinzwe kumenya ubuzima bwabo bwa buri munsi.

Umusaruro w’iri rerero watangiye kugaragara dore ko mu minsi ishize yohereje umwana wa mbere [Yangiriyeneza Erirohe] wagiye gukora igerageza muri G.D. Estoril Praia yo muri Portugal.

Si ibyo gusa kuko TFEP ifite gahunda yo kubaka amarerero ya ruhago muri buri ntara mu Rwanda ihereye kuri Musanze kuzageza kuri Kigali izaba ifite icyicaro gikuru cyayo.

Abatoza basuzuma neza imyirondoro y'abana
Abatoza ba Tony Football Excellence baba babukereye
Abatarengeje imyaka 17 berekanya impano bafite muri ruhago
Abaherekeje abana bakurikiranaga uko igikorwa kiri kugenda
Bamwe mu babyeyi baherekeje abana babo
Umuyobozi wa Tony Football Excellence Programme, Yonat Tony Miriam Listenberg, yishimira urwego abana bagaragaza
Abatoza baganira ku mpano z'abagomba gutoranywa
Tony Football Excellence ni rimwe mu marerero afite abatoza b'abanyamwuga
Umuyobozi Mukuru wa RDB, Francis Gatare, ari mu bitabiriye iki gikorwa
Abatoza berekana umwana uri guhiga abandi
Abana batarengeje imyaka 13 nabo bagiye gufashwa na Tony Football Excellence
Abana batarengeje imyaka 15 nabo bahawe umwanya wo kwerekana ibyo bashoboye
Abana batoranyijwe bazafashwa kuzamura impano
Abatoza bandika buri mwana wese witabiriye
Abana bahabwa ibibafasha kongera imbaraga
Buri mwana yisanzura ku batoza bari gutoranya
Tony Football Excellence ifasha abana kwiga ruhago mu buryo bugezweho
Ikipe y'abana batoranyijwe
Abana batoranyijwemo abeza baturutse mu bice bitandukanye by'igihugu
Abana b'abanyezamu bari mu batoranyijwe
Abana batoranyijwe mbere batangiye kumenya neza ruhago icyo ari cyo
Tony Football Excellence ifite gahunda yo gukomeza kujya ishaka impano
Amarerero yahawe rugari azana abana

Amafoto: Ishimwe Alain Kenny

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza