IGIHE

Tony Football Excellence yatoranyije abandi bana bo kwigisha ruhago

0 13-05-2024 - saa 11:21, Iradukunda Olivier

Tony Football Excellence Programme (TFEP) ikomeje gutera intambwe mu guteza imbere ruhago mu Rwanda aho kugeza ubu irimbanyije ibikorwa byo gushaka abana batarengeje imyaka 13, 15 na 17.

Hagiye gushira imyaka ibiri Tony Football Excellence isinyanye na Leta y’u Rwanda y’imikoranire agamije guteza imbere imikino itandukanye mu mashuri.

Kuva icyo gihe hashinzwe ishuri ryigisha ruhago rikorera mu Karere ka Musanze aho ricumbikira abana batoranyijwe mu ntara zose z’u Rwanda ngo babashe gukarishya impano zabo no kuzibyaza umusaruro.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 12 Gicurasi 2024, yarangije igikorwa cyo gushaka abana bakina umupira w’amaguru mu Mujyi wa Kigali cyabereye ku kibuga cya IPRC Kigali.

Ni igikorwa cyari cyaritabiriwe n’abana barenga 100 baturutse mu bigo by’amashuriri ndetse n’andi marerero ariko abatoranyijwe bakazahatana ku rwego rw’igihugu n’abandi baturutse mu zindi ntara.

Tony Football Excellence izahitamo abana bazakora ikipe y’abatarengeje imyaka 13, iy’abatarengeje 15, iy’abatarengeje 17 n’iyo isanganywe kugeza ubu izaba ari iy’abatarengeje 19.

Aba bose bazajya batorezwa hamwe kugira ngo bakomeze kwitabwaho n’abatoza ndetse n’abandi bakozi ba Tony Football Excellence bashinzwe kumenya ubuzima bwabo bwa buri munsi.

Umusaruro w’iri rerero watangiye kugaragara dore ko mu kwezi gushize yohereje umwana wa mbere [Yangiriyeneza Erirohe] wagiye gukora igerageza muri G.D. Estoril Praia yo muri Portugal.

Abana bitwaye neza bazakomeza gukurikiranirwa hafi n'abatoza
Hasigaye icyiciro cyo kureba abana beza ku rwego rw'igihugu
Buri mwana yabonye amahirwe yo kwerekana ibyo ashoboye
Buri mwana akora iyo bwabaga akerekana impano ye
Abana batarengeje imyaka 13 nabo bagiye gufashwa na Tony Football Excellence
Tony Football Excellence ikomeje kugaragaza impano z'abana
Tony Football Excellence ifite abatoza bahambaye bashobora kwigisha abana kubyaza umusaruro ruhago
Abatoza basanzwe bafasha abana bakurikiranye igikorwa cyo guhitamo abajya muri Tony Football Excellence
Abatoza bakurikiranaga ubushishozi imikinire y'abana
Abana bo mu Mujyi wa Kigali bakoze batoranyijwemo abajya muri Tony Football Excellence
Abana batsinze bazahana n'abazaturuka mu zindi ntara z'u Rwanda
Abana batabashije gutsinda basabwe kudacika intege
Tony Football Excellence ifite intego zo kwigisha abana benshi ruhago

Amafoto: Ingabire Nicole

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza