IGIHE

Rayon Sports yasinyishije Moïse Sandja Bulaya

0 22-08-2026 - saa 21:42, Iradukunda Olivier

Rutahizamu Moïse Sandja Bulaya ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yasinyiye Rayon Sports nyuma yo gutandukana na Kiyovu Sports.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 22 Kanama 2026, ni bwo Rayon Sports yatangarije abakunzi bayo ko yasinyishije rutahizamu mushya mu rwego rwo kwiyubaka muri uyu mwaka 2025/26.

Uyu mukinnyi ni Moïse Sandja Bulaya ukina nka rutahizamu, akaba yarongereye amasezerano mu mwaka ushize nyuma yo kwitwara neza muri Kiyovu Sports, ariko ntiyubahirizwa, bituma yumvikana na yo kuyasesa.

Ageze muri Rayon Sports nyuma yo kwifuzwa n’andi makipe yamwifuzaga arimo Urucaca rwshakaga kumugumana, hamwe na Police FC.

Asanze Rayon Sports ifite abandi ba rutahizamu barimo Kameni Junior, Ndikumana Asman na Nizeyimana Mubaraka.

Moïse Sandja Bulaya w’imyaka 28 ntabwo ari mu bakinnyi Rayon Sports yatanze mu Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF), izifashisha mu ijonjora rya mbere rya CAF Confederation Cup 2026.

Mu mwaka ushize w’imikino wa 2025/26, yakinnye imikino 19, atsinda ibitego bine gusa, ndetse ntiyatanga umupira n’umwe uvamo igitego.

Moïse Sandja Bulaya ni umukinnyi mushya wa Rayon Sports
Moïse Sandja Bulaya yakiniraga Kiyovu Sports
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza