IGIHE

Perezida Mahama yanenze abakinnyi ba Ghana bananiwe kuririmba indirimbo y’igihugu

0 9-07-2026 - saa 17:44, Iradukunda Olivier

Perezida wa Ghana, John Dramani Mahama, yanenze abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ya Ghana bananiwe kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu, abagaragaza nk’abadakwiriye kuba mu ikipe.

Ikipe y’Igihugu ya Ghana ni imwe mu makipe yitabiriye Igikombe cy’Isi cya 2026 kiri kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada, kuva tariki ya 11 Kamena kugeza 19 Nyakanga 2026.

Ghana yari mu makipe yahagarariye Afurika, yaviriyemo muri 1/16, nyuma yo gusezererwa na Colombia mu mukino warangiye intsinzwe igitego 1-0.

Icyakora iyi kipe igizwe ahanini n’abakinnyi bavukiye mu mahanga ari na yo mpamvu bamwe batazi indirimbo yubahiriza igihugu cyabo bahisemo guceceka.

Perezida Mahama yavuze ku myitwarire y’igihugu cyabo mu Gikombe cy’Isi, akomoza ku bakinnyi batagaragaza urukundo no kwitangira igihugu igihe bagihagarariye.

Ati “Mu Gikombe cy’Isi, abakinnyi bacu ntibashoboraga no kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu, kandi abandi bo mu bindi bihugu baterwaga ishema no kuririmba.”

“Niba utaririmba indirimbo yubahiriza igihugu, ntabwo ukwiriye no kuba ubarizwa mu Ikipe y’Igihugu.”

Nubwo yavuze gutyo ariko, yabashimiye uruhare rwabo muri iri rushanwa no kwemera kwambara umwambaro w’igihugu bakagihagararira.

Mu bakinnyi 26 Ghana yitabaje muri iri rushanwa, harimo umunani batayivukiyemo. Abo ni Antoine Semenyo, Jordan Ayew, Inaki Williams, Jerome Opoku, Brandon Thomas-Asante, Marvin Senaya, Elisha Owusu na Derrick Luckassen.

Perezida Mahama yavuze ko abakinnyi batazi kuririmba indirimbo y'igihugu badakwiriye kuba bakinira Ghana
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza