Ikipe ya FC Groningen yo mu Cyiciro cya Mbere mu Buholandi, yasheshe amasezerano yari ifitanye na Noam Emeran, ukinira Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’.
Ku wa Mbere, tariki ya 31 Kanama 2026, ni bwo iyi kipe ikina muri Eredivisie, yanyujije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zayo itangaza ko itazakomezanya n’uyu mukinnyi.
Yagize iti “FC Groningen yumvikanye na Noam Emeran ku gusesa amasezerano. Noam, warakoze ku musanzu wawe watanze mu ikipe, kandi tukwifurije amahirwe mu rugendo rwawe.”
Emeran yari amaze imyaka itatu muri iyi kipe. Yayigezemo mu 2023 avuye muri Manchester United, aho yakiniraga ikipe yayo y’abakiri bato.
Ntabwo yigeze agirira ibihe byiza muri iyi kipe, dore ko igihe kinini yakimaraga afite imvune, ndetse akenshi iyi kipe ikaba yarabaga yaramutije mu yandi makipe.
Ikipe aheruka gutizwamo ni FC Emmen yo mu Cyiciro cya Kabiri mu Buholandi, gusa akaba ashobora gukomezanya na yo, akayisiyira nk’umukinnyi wayo.
Muri Gicurasi 2026, ni bwo bwa mbere uyu mukinnyi w’imyaka 23 yahamagawe mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, agaragaza ko atewe ishema no gukinira igihugu cye, ndetse yiteguye kugifasha no mu mikino yo gushaka itike yo gukina Igikombe cya Afurika cya 2027.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!