IGIHE

Mutsinzi Ange yabonye ikipe nshya muri Azerbaijan

0 1-07-2024 - saa 21:16, Iradukunda Olivier

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Mutsinzi Ange ’Jimmy’, yamaze gusinyira Zira FK yo mu Cyiciro cya Mbere muri Azerbaijan avuye muri FK Jerv yo muri Norvège.

Mutsinzi Ange ni umwe mu bakinnyi beza FK Jerv yagenderagaho dore ko yari mu bakinaga bihoraho mu bwugarizi bwayo mbere y’uko yerekanwa mu ikipe nshya.

Mu butumwa uyu mukinnyi yatanze kuri uyu wa 1 Nyakanga 2024, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati “Hafunguwe ikindi Cyiciro gishya, Imana ibirimo.”

Zira FK yasinyishije uyu mukinnyi amasezerano yo kuzamara imyaka itatu ari uwayo.

Mutsinzi Ange Jimmy yakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda arimo AS Muhanga, Rayon Sports na APR FC mbere yo kujya muri CD Trofense yo muri Portugal.

Mutsinzi Ange yerekeje muri Zira FK yo muri Azerbaijan
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza