Moussa Camara rutahizamu mushya w’ikipe ya Rayon Sports yageze i Kigali gufatanya n’ikipe mu ntego nshya zo gutwara igikombe cya Shampiyona cya 2022/23.
Uyu rutahizamu ukomoka muri Mali yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri muri iyi kipe y’i Nyanza.
Moussa Camara yakiniye Rayon Sports hagati ya 2016 na 2017, ayivamo yerekeza muri Ismaily Sporting Club yo mu Misiri.
Mu 2018 Camara yerekeje muri MO Béjaïa yo muri Algérie, ayimaramo umwaka umwe mu gihe mu 2020 yasinyiye Sohar SC yo muri Oman.
Yayivuyemo yerekeza muri CS Hammam-Lif yo muri Tunisia yakiniye kugeza mu mpeshyi y’uyu mwaka.
Ubwo yaherukaga muri Rayon Sports, Camara yatsinze ibitego 10 muri uwo mwaka.
Uyu rutahizamu aje asanga mugenzi we Boubacar Traore nawe uheruka gusinyira iyi kipe, ndetse wanatangaje ko Camara ari mu bamugiriye inama yo kuza muri Rayon Sports.
Camara aje muri iyi kipe asanga abandi ba rutahizamu barimo Willy Onana, Paul Were, Boubacar Traore na Musa Esenu.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!