IGIHE

Misiri ishobora gukina umukino wa gicuti n’Amavubi

0 21-08-2026 - saa 08:47, Iradukunda Olivier

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Misiri (EFA), ryatangaje ko riri guteganya imikino y’Ikipe y’Igihugu ya Misiri, mbere y’uko ishaka itike y’Igikombe cya Afurika. Muri iyo mikino ishobora guhura n’u Rwanda ’Amavubi’, Ghana cyangwa Tanzania.

Ikipe y’Igihugu ya Misiri iri mu Itsinda B isangiye na Angola, Malawi na Sudani y’Epfo mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 kizabera muri Tanzania, Uganda na Kenya.

Ku wa Kane, tariki ya 20 Kanama 2026, Umuyobozi ushinzwe Ikipe y’Igihugu, Ibrahim Hassan, yatangaje amatariki y’imikino yo gushaka iyi tike, aho bazakina na Angola ku itariki ya 25 Nzeri, i Cairo, mbere yo guhura na Sudani y’Epfo ku itariki ya 29 Nzeri, i Juba.

Ibrahim yavuze ko mu kwitegura imikino neza bari kurebera hamwe ibihugu bakina na byo imikino ya gicuti. Nubwo atatangaje ibyo ari byo, ibinyamakuru byo mu Misiri byatangaje ko ari hagati y’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Ghana na Tanzania.

Biramutse bikunze, umukino wa gicuti uzabihuza na kimwe muri ibyo bihugu, wazakinwa muri Nzeri 2026, igihe haba hatangiye akaruhuko k’amakipe y’ibihugu.

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda na yo ari kwitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, aho izakina na Liberia ku itariki ya 25 Nzeri, i Kigali, mbere yo guhura na Cap-Vert ku itariki ya 29 Nzeri, i Praia.

Amavubi ashobora guhura na Misiri mu mukino wa gicuti
Ikipe y'Igihugu ya Misiri yifuza umukino wa gicuti mbere y'uko ikina iyo gushaka itike y'Igikombe cya Afurika
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza