IGIHE

Minisitiri Nduhungirehe yasabye Gor Mahia FC gusubiza amerwe mu isaho

0 7-08-2026 - saa 14:30, IGIHE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ashyigikiye Rayon Sports mu mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026, nyuma y’uko Gor Mahia FC isabye abafana ba APR FC kuyifasha guhangana n’iyi kipe y’i Nyanza.

Gor Mahia yo muri Kenya yifashishije imbuga nkoranyambaga zayo isaba abafana ba APR FC kuyishyigikira mu mukino wa nyuma uyihuza na Rayon Sports, uteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Kanama 2026 kuri Stade Amahoro.

Iyi kipe yo muri Kenya yatanze ubwo butumwa nyuma y’uko itsinze APR FC ibitego 5-0 mu mikino y’amatsinda ya CECAFA Kagame Cup 2026, umukino watumye APR FC isezererwa muri iri rushanwa. Muri uyu mukino abafana ba Rayon Sports bari inyuma ya Gor Mahia.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Gor Mahia yagize iti “Bafana ba APR mureke duhure, hari ibyo twumvise bihwihwiswa. Ni byo koko muradushyigikira? Mureke twihuze hanyuma dusoze akazi mu nzira nziza, turabakunda APR.”

Nyuma y’ubu butumwa, Minisitiri Nduhungirehe yagaragaje ko we n’abandi Banyarwanda benshi bashyigikiye Rayon Sports muri uyu mukino, aho yanditse ku rubuga rwa X ati “Mwihangane, uyu munsi twese turi aba-Rayon”.

Ubutumwa bwa Minisitiri bwaherekejwe n’ibirango by’amabara ya Rayon Sports, agaragaza ko muri uyu mukino wa nyuma ashyigikiye ikipe y’i Nyanza.

Uretse Nduhungirehe wagaragaraje ko abafana bose bari inyuma ya Rayon Sports, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Icyubahiro Wungirije wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga, na we aherutse gusaba abafana ba APR FC kwirinda kuvugiriza induru Rayon Sports, muri iyi mikino ya CECAFA Kagame Cup.

Nubwo yahisemo gushyigikira Rayon Sports, Minisitiri Nduhungirehe asanzwe ari umufana ukomeye wa Mukura Victory Sports.

Nubwo yahisemo gushyigikira Rayon Sports, Minisitiri Nduhungirehe asanzwe ari umufana ukomeye wa Mukura Victory Sports
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza