IGIHE

LIVE: APR FC yaguze Umunya-Mali: Ibivugwa ku isoko ry’abakinnyi mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu

0 11-06-2026 - saa 08:19, IGIHE

Amakipe menshi yo mu Rwanda no hanze yarwo akomeje kuganiriza abakinnyi bamwe ngo bongere amasezerano, mu gihe hari n’abashya batangiye kugurwa hitegurwa umwaka w’imikino mushya wa 2026/27: Kurikira ibigezweho biri kuvugwa mu makipe atandukanye yo mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu.

Aman Kaouadio Kan Michel yageze mu Rwanda

Umunyamakuru Nkusi Denis yatangaje ko Umunya-Côte d’Ivoire Aman Kaouadio Kan Michel wakiniraga Ikipe ya AFAD Plateau iwabo, yageze i Kigali kuri uyu wa Gatandatu kugira ngo ashyire umukono ku masezerano yo gukinira APR FC mu myaka ibiri iri imbere.

Uyu mukinnyi w’imyaka 27 asatira izamu anyuze ibumoso ndetse ni we watsinze ibitego byinshi [17] muri Shampiyona ya Côte d’Ivoire.

AS Kigali yaguze Munyemana

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko yamaze gusinyisha Munyemana Alexandre ukina mu kibuga asatira izamu, wakiniraga Etoile de l’Est.

APR FC yaguze Mamadou Traoré wo muri Mali

Umunyamakuru Bruno Taifa ukurikiranira hafi inkuru zo muri APR FC, yatangaje ko iyi kipe yamaze kugura Umunya-Mali Mamadou ukinira ikipe y’iwabo ya Stade Malien.

Traoré w’imyaka 27, akina mu kibuga hagati ariko mu gice cy’ubusatirizi.

Yabaye umukinnyi wa kane mushya kandi w’umunyamahanga uvuzwe muri iyi kipe nyuma ya myugariro Madou Zon wo muri TP Mazembe, Umunya-Côte d’Ivoire Amani Kouadio Kan Michel Breygeneve usatira izamu anyuze ibumoso muri AFAD Plateau n’umunyezamu Ernan Siluane wo muri Mozambique.

AS Kigali yaguze Mangwende wo muri Marine FC

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko yamaze gusinyisha Niyigena Emmanuel ‘Mangwende’ wakiniraga Marine FC, ku masezerano y’imyaka ibiri.

Gorilla FC yiyongereye imbaraga mu busatirizi

Ikipe ya Gorilla FC yatangaje ko yasinyishije Faradji Iddi ukina mu busatirizi, wakiniraga Etoile de l’Est yazamutse mu Cyiciro cya Mbere uyu mwaka nyuma yo kuba iya gatatu mu Cyiciro cya Kabiri.

Hoziyanna Kennedy yaguzwe na AS Kigali

AS Kigali yemeje ko yaguze umwe mu bakinnyi bo hagati bakiri bato, Hoziyanna Kenndy wakiniraga Marine FC, ku masezerano y’imyaka ibiri.

Nshimiyimana Tharcisse yongereye amasezerano muri AS Kigali

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko umukinnyi wo hagati, Nshimiyimana Tharcisse, yongereye amasezerano y’imyaka ibiri azamugeza mu mpeshyi ya 2028 ari umukinnyi wayo.

Msanga Henry yageze muri Rayon Sports?

Umurundi ukina mu kibuga hagati, Msanga Henry, uheruka gutandukana na Police FC, yaciye amarenga ko yamaze kumvikana na Rayon Sports.

Mu butumwa yashyize kuri ’stories’ ya Instagram, Msanga yashyizeho udutima tubiri turi mu mabara y’ubururu n’umweru, yongeraho ikiganza gipepera.

Uyu mukinnyi amaze iminsi ari mu biganiro na Rayon Sports.

Uwiduhaye yongereye amasezerano muri AS Kigali

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko yongereye amasezerano ya Aboubakar Uwiduhaye wasinye imyaka ibiri y’imikino iri imbere, kugeza mu mpeshyi ya 2028.

Bugesera FC ishaka miliyoni 30 Frw kuri Byishimo Valua

Umwe mu bakinnyi bakiri bato bigaragaje mu mwaka w’imikino ushize, Byishimo Valua, ukinira Bugesera FC, ari mu bakomeje kuvugwa cyane ku isoko ryo muri iyi mpeshyi.

Byishimo w’imyaka 19, ukina hagati mu kibuga, yatsinze ibitego bitanu birimo bibiri yatsinze Rayon Sports na APR FC muri Shampiyona y’uyu mwaka.

Umunyamakuru wa Radio 10, Hitimana Jean Claude, yatangaje ko Police FC yamwifuje ariko Bugesera FC iyibwira ko Valua agifite amasezerano y’imyaka ibiri ku buryo yagurwa miliyoni 30 Frw.

Rayon Sports yumvikanye n’Umunya-Mali

Umunyamakuru wa Isibo FM, Jah d’Eau Dukuze yatangaje ko Ikipe ya Rayon Sports yumvikanye n’Umunya-Mali Keffa Tangara ukina ku mpande zombi asatira izamu muri Djoliba AC.

Uyu mukinnyi afite imyaka 24 y’amavuko ndetse akunda gusatira anyuze iburyo cyangwa agakina imbere.

Rama yongereye amasezerano muri Kiyovu Sports

Mugisha Joseph ’Rama’ ukina mu kibuga hagati, yongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri Kiyovu Sports.

Gorilla FC yatandukanye na Uwimana Kevin

Ikipe ya Gorilla FC yatangaje ko yatandukanye n’Umurundi Uwimana Kevin wakinaga mu mutima w’ubwugarizi.

Iyi kipe iheruka gusinyisha Umunya-Ghana Issah Yakubu wavuye muri Police FC.

Sandja Bulaya yongereye amasezerano

Rutahizamu Moise Sandja Bulaya yongereye amasezerano y’imyaka ibiri muri Kiyovu Sports.

Kiyovu Sports yemeje igurwa rya Kirongozi Richard

Kiyovu Sports yatangaje ko yasinyishije Kirongozi Richard ku masezerano y’imyaka ibiri.

Uyu mukinnyi w’Umurundi yasubiye mu Rucaca nyuma yo kumara imyaka ibiri muri Police FC.

Rayon Sports irongera kuganira na Msanga Henry

Umunyamakuru wa Isibo FM, Aimé Niyibizi, yatangaje ko kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bwa Rayon Sports bufitanye gahunda n’umukinnyi wo hagati mu kibuga, Henry Msanga bwifuza kugura.

Ku rundi ruhande, hari amakuru avuga ko uyu Murundi yasubiye mu mibare ya Police FC iheruka kumusezerera nyuma yo gusoza amasezerano.

Rubuguza Jean Pierre azakinira APR FC

Umunyamakuru wa Radio/TV10, Hitimana Jean Claude, yatangaje ko umukinnyi wo hagati usatira izamu muri Gicumbi FC, Rubuguza Jean Pierre, azakinira APR FC mu mwaka w’imikino utaha.

Ni umwe mu bakinnyi batatu bakuriye mu Ntare FC, bazajya muri iyi kipe nkuru y’Ingabo z’Igihugu.

Abandi ni Uwineza René na Uwiyaremye Fidali bakiniraga Kiyovu Sports, ariko bo bimaze iminsi bivugwa ko bazajya muri APR.

Niyigena Clément yumvikanye n’ikipe yo mu Misiri

Umunyamakuru wa RBA, Nkurunziza Emmanuel ’Ruvuyanga’, uba hafi ya APR FC, yatangaje ko myugariro Niyigena Clément yamaze kumvikana n’Ikipe ya Ceramica Cleopatra FC yo mu Cyiciro cya Mbere mu Misiri.

Yongeyeho ko uyu mukinnyi agiye gukora ikizamini cy’ubuzima, yagitsinda agahabwa amasezerano.

Niyigena usoje amasezerano muri APR FC, yasigaye i Cairo mu gihe abandi bakinnyi b’Amavubi bamaze kugera i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane.

Rayon Sports yizeye gusubukura ibiganiro na Kwizera Olivier

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwizeye ko kuba Kwizera Olivier yagarutse i Kigali kuri uyu wa Kane, avuye mu mwiherero w’Ikipe y’Igihugu mu Misiri, ari wo mwanya mwiza wo kuganira na we ku kongera amasezerano.

Uyu munyezamu ari mu bafashije cyane Gikundiro mu mwaka w’imikino ushize, ibona itike yo kuzakina CAF Confederation Cup ya 2026/27.

Niyigena Clément yasigaye mu Misiri

Umunyamakuru Éphrem Kayiranga wari kumwe n’Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ mu Misiri, yatangaje ko myugariro Niyigena Clément atari mu bakinnyi batashye mu Rwanda kuri uyu wa Kane, ahubwo yasigaye i Cairo, we na Biramahire Abeddy.

Niyigena yasoje amasezerano muri APR FC ndetse bivugwa ko hari amakipe amwifuza hanze y’u Rwanda.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru, yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze ifoto yavugishije abantu benshi aho yari yambaye umwambaro wa Club Africain yo muri Tunisia.

Kiyovu Sports yaguze abakinnyi babiri bashya

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, Ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko yaguze Hakim Hamiss wakiniraga Gasogi United ku masezerano y’imyaka ibiri.

Undi mukinnyi iyi kipe yaguze ni Kambanda Emmanuel ukina mu kibuga hagati imbere ya ba myugariro, wavuye mu Magaju FC, aho yasinye imyaka ibiri.

Rayon Sports yasinyishije Ndikumana Fabio

Rayon Sports yemeje ko yasinyishije Nkundimana Fabio wakinaga mu kibuga hagati muri Marine FC, ku masezerano y’imyaka ibiri.

Yabaye umukinnyi wa gatandatu mushya uguzwe n’iyi kipe nyuma ya Ndayishimiye Didier, Nshuti Didier, Abbel Matumona, Charles Tchouplaou na Nisingizwe Christian.

Igitondo cyiza!

Turi ku munsi wa kabiri wo kwandikisha abakinnyi bashya ku makipe y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, igikorwa kizarangirana na Kanama 2026. Bivuze ko ikipe iguze umukinnyi, ishobora guhita isaba ibyangombwa bye muri FERWAFA.

Amakipe yose azakina Icyiciro cya Mbere mu mwaka w’imikino utaha akomeje kurambagiza abakinnyi bashya azakoresha, anarekura abo atazakomezanya na bo.

Kuri uyu wa Kane tugiye kurebera hamwe amwe mu makuru akomeye agezweho mu igura n’igurisha ry’abakinnyi.

Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza