IGIHE

Lionel Messi agiye kugura indi kipe muri Espagne

0 9-09-2026 - saa 13:09, IGIHE

Rutahizamu wa Inter Miami CF yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Lionel Messi, agiye kwagura ibikorwa bye muri ruhago, nyuma yo kugera ku bwumvikane bw’ibanze bwo kugura ikipe ya Eldense ikina mu Cyiciro cya Kabiri muri Espagne.

Messi ukinira Inter Miami CF muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, arateganya kuba nyiri iyi kipe isanzwe ifitwe n’ikigo cy’ishoramari cyo muri Colombia, Grupo TH, gifite n’andi makipe muri Colombia no mu Busuwisi.

Nubwo ubwumvikane bw’ibanze bwamaze kugerwaho, haracyategerejwe igenzura ryimbitse ku bijyanye n’imari n’imiyoborere y’ikipe ndetse n’uruhushya rw’Urwego rushinzwe Siporo muri Espagne (CSD) kugira ngo hemezwe ubwo bugure.

Mu gihe byaba birangiye, Eldense izaba ikipe ya kabiri yo muri Espagne Messi aguze. Mu ntangiriro z’uyu mwaka, byemejwe ko uyu mukinnyi w’imyaka 39 yaguze Ikipe ya Cornellà yo mu Cyiciro cya Gatanu, iherereye mu Mujyi wa Barcelone.

Eldense izaba ari yo kipe ya mbere yabigize umwuga Messi agizemo ishoramari muri Espagne, kuko Cornellà yo ikiri ikipe yo mu rwego rw’abagishaka kuba abanyamwuga.

Messi kandi asanzwe afite imigabane muri Deportivo LSM yo muri Uruguay, aho ayifatanyije na Luis Suárez bakinana muri Inter Miami.

Kuba Messi yaba nyiri Eldense na Cornellà ntibishobora guteza ikibazo mu gihe cya vuba, kuko aya makipe atandukanywa n’ibyiciro bitatu by’umupira w’amaguru muri Espagne.

Icyakora, mu gihe yaba afite imigabane myinshi muri aya makipe yombi, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Espagne (RFEF) ntiryazemera ko yazahurira mu cyiciro kimwe mu gihe kizaza.

Eldense yashinzwe mu 1921, imaze igihe kinini ikina mu byiciro byo hasi bya ruhago ya Espagne. Mu 2023, yazamutse mu Cyiciro cya Kabiri bwa mbere kuva mu 1964, ariko ihita imanuka mu 2025. Yongeye gusubira muri iki cyiciro mu mpeshyi y’uyu mwaka.

Iyi kipe ibarizwa mu Mujyi wa Elda, ikinira kuri Stade ya Nuevo Pepico Amat yakira abafana 5.776. Kugeza ubu ntiyatangiye neza shampiyona, kuko imaze gukina imikino ine itarabasha gutsinda na rimwe, ndetse umutoza Claudio Barragán yirukanwe muri iki cyumweru.

Lionel Messi w'imyaka 39, agiye kugura indi kipe muri Espagne mu gihe afite imigabane mu yindi kipe muri Uruguay
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza