IGIHE

Kiyovu Sports yatije umukinnyi Kirehe FC

0 20-02-2022 - saa 09:45, Habimana Sadi

Ubuyobozi bw’ikipe ya Kiyovu Sports bwafashe icyemezo cyo gutiza umunyezamu wa yo wa Kane, Tuyishime Iddy muri Kirehe FC ikina mu Cyiciro cya Kabiri.

Ni nyuma y’uko uyu munyezamu atabashije kubona umwanya wo gukina muri iyi kipe nyuma yo kuzamurwa akuwe mu ikipe y’abato y’iyi kipe yo ku Mumena.

Amakuru ahari ni uko uyu munyezamu yatijwe mu mikino yo kwishyura gusa ya shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri. Bivuze ko iyi shampiyona nirangira azahita agaruka mu kipe ye ya Kiyovu Sports.

Tuyishime yazamuwe mu mwaka ushize, nyuma yo gushimwa n’abari abatoza b’iyi kipe ariko ntabwo uyu musore w’imyaka 18 yigeze abona umwanya wo gukina.

Kiyovu ubu ifite abanyezamu bane barimo Kimenyi Yves usanzwe ari we wa mbere akaba na kapiteni w’iyi kipe, Nzayurwanda Djihadi usanzwe ari nimero ya Kabiri, Ishimwe Patrick nka nimero ya Gatatu na Tuyishime Iddy usanzwe ari nimero ya Kane.

Iddy yoherejwe gufasha Kirehe FC kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza