IGIHE

Irushanwa rya ’eSports’ mu mupira w’amaguru ryashyizwe muri BK Arena

0 12-08-2026 - saa 11:45, Iradukunda Olivier

Ku nshuro ya kabiri mu Rwanda hagiye gukinirwa irushanwa Nyafurika ry’imikino yo ku ikoranabuhanga [eSports] mu mupira w’amaguru, rikazabera muri BK Arena.

Ni irushanwa ritegurwa bigendanye n’Inama yiga ku ishoramari rya siporo muri Afurika ‘SportsBiz Africa Forum’. Muri uyu mwaka rizaba ku wa 12 no ku wa 13 Nzeri 2026, muri BK Arena.

Ubwo riheruka gukinwa ryitabiriwe n’ibihugu umunani. Ibyo ni Misiri, Afurika y’Epfo, Tanzania, Sudani y’Epfo, Uganda, Kenya, Nigeria n’u Rwanda rwakiriye imikino.

Kugira ngo haboneke umukinnyi uzahagararira u Rwanda, muri BK Arena hateganyijwe irushanwa rizaba ku itariki ya 21 Kanama 2026, aho abakinnyi 24 bazahatana mu byiciro bitandukanye.

Abakinnyi 16 bazakina umupira w’amaguru mu mukino wa EFootball, abandi umunani bakine umukino wa EA FC26. Kwiyandikisha muri iri rushanwa ni ibihumbi 40 Frw, abazitwara neza ku rwego Nyafurika bakazahembwa 10.000$ [14.725.110 Frw].

Abanyarwanda bazahiga abandi bazahurira muri BK Arena n’abarimo Zaid April wo muri Afurika y’Epfo ari na we watwaye irushanwa riheruka, Moaaz Ahmed wo mu Misiri, Aksam wo muri Uganda n’abandi.

Mu mwaka ushize Nyamwasa Praise wari uhagarariye u Rwanda ntiyabashije kwitwara neza kuko yatsinzwe imikino yose.

Irushanwa ryegukanywe na Zaid April wakiniraga Afurika y’Epfo atsinze Moaaz Ahmed wa mbere muri Afurika ukomoka mu Misiri ibitego 2-1.

Nyamwasa Praise yahagarariye u Rwanda mu irushanwa riheruka
Zaid April ni we wegukanye irushanwa Nyafurika rya eSports mu mupira w'amaguru riheruka kubera mu Rwanda
Kwamamaza
Kwamamaza

Izindi nkuru wasoma

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza